Umuyobozi wa Sulubada High Skool Entertainment, Michael Mukwaya wamamaye ku izina rya Mikie Wine, yashimiye byimazeyo umugore we Pauline Kemigisha ku ruhare rukomeye yagize mu kumuba hafi no kumutera ingabo mu bitugu mu bihe byari bikomeye mu rugendo rwe rw’umuziki.
Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Mikie Wine yavuze ko Kemigisha ari we wamuhaye icyizere n’ubutwari bwo gutinyuka gutegura ibitaramo bye bwite bwa mbere mu mateka y’umuziki we, birimo ibitaramo bibiri amaze gukora mu myaka ya 2024 na 2025.
Yasobanuye ko igitekerezo cyo gutegura igitaramo cye cyaturutse ku kuba yari yatumiwe gutaramira mu gitaramo cyateguwe na Pallaso. Nyuma yo kubona uko yitwaye neza kuri urwo rubyiniro, umugore we yahise amugira inama yo kudapfusha ubusa uwo mwanya, amushishikariza guhita ategura igitaramo cye bwite.
Ati: “Ni we wambwiye ati ‘ntugapfushirize ubusa uyu mwanya.’ Nahise njya kuri Jahazi Pier, mfata aho igitaramo kizabera, ntangira kwamamaza. Byari intambwe ikomeye kuri njye.”
Igitaramo cya Jahazi Pier cyaje kuba neza cyane, bituma Mikie Wine arushaho kwiyizera no kumva ko ashoboye gutera intambwe zikomeye mu muziki we.
Nyuma y’iyo ntsinzi, Pauline Kemigisha yongeye kumutera ingabo mu bitugu, amushishikariza kugerageza indi nzozi yari amaranye igihe kinini ariko agatinya, yo gutegura igitaramo gikomeye muri Serena Hotel.
Nubwo yari afite impungenge nyinshi, Mikie Wine yafashe umwanzuro wo kugerageza, igitaramo kiba mu Ugushyingo 2025. Nubwo atavuga ko cyageze ku rwego yari yiteze, yavuze ko cyari intambwe ikomeye cyane mu buzima bwe no mu rugendo rwe rw’umuziki.
Yashoje ashimira by’umwihariko umugore we Pauline Kemigisha, amushimira ko yamufashije gutsinda ubwoba yari amaranye igihe kirekire, akamuba hafi mu bihe bigoye kandi bikomeye byagize uruhare runini mu iterambere ry’umwuga we.



