Umwe mu bayobozi bakomeye ba AFC/M23, Magloire Paluku Kavunga, yarasiwe mu mujyi wa Goma mu ijoro ryo ku wa Gatatu n’abantu bataramenyekana, ahita ajyanwa ku Bitaro Bikuru bya Goma ari naho yaguye.
Amakuru yatangiye gucicikana mu masaha y’ijoro yemezaga ko Paluku, Umunyamakuru wamenyekanye cyane mu burasirazuba bwa RDC, ndetse wari Umujyanama mu by’Itumanaho wa Corneille Nangaa, yapfuye arashwe mu muhanda ubwo yari mu bikorwa bye bisanzwe.
Ihuriro AFC/M23 ryemeje urupfu rwe, rivuga ko hatangiye iperereza rigamije kumenya ababa babigizemo uruhare.
📰 Also Read This:
Magloire Paluku, w’imyaka 58, yavukiye i Butembo. Yabaye Umunyamakuru, umwanditsi w’ibitabo, umusizi n’umuhanzi, kandi ni we washinze Radio Kivu 1. Mbere yo kwinjira mu ihuriro rya Nangaa, yabaye Umujyanama mu bya Culture na Patrimoine muri Minisiteri y’Umuco ya RDC.
Yaherukaga gusohora indirimbo ijyanye n’intambara mu burasirazuba bwa Congo. Mu Nyakanga 2024, Paluku yahanishijwe igihano cy’urupfu adahari we n’abandi bayobozi ba AFC/M23 barimo na Corneille Nangaa.
Urupfu rwa nyakwigendera rwababaje benshi mu Mujyi wa Goma ,gusa ababishinzwe batangiye iperereza ngo hamenyekane abari inyuma y’ uru rupfu rw’ uyu munyamakuru wari ufite izina rikomeye muri uyu Mujyi .








