22.7 C
Africa
Dinsdag, Desember 16, 2025
HomePolitikeZateje impungenge zikomeye Leta ya RDC: Hamenyekanye inyungu zikomeye cyane AFC/M23 igiye...

Zateje impungenge zikomeye Leta ya RDC: Hamenyekanye inyungu zikomeye cyane AFC/M23 igiye kubona nyuma yo gufata umujyi wa Uvira.

Date:

Related stories

“Urugamba Rurakomeje”: Corneille Nangaa Atanze Ubutumwa ku Isabukuru y’Imyaka Ibiri ya AFC/M23

Mu mashusho yashyizwe ahagaragara kuri Twitter (X), Corneille Nangaa,...

AFC/M23 yahaye u Burundi isezerano rikomeye nyuma y’igihe gito bweruye bukavuga ko bushobora kwinjira mu ntambara n’u Rwanda

Mu gihe umwuka w’intambara n’umutekano muke bikomeje gufata indi ntera mu karere k’Ibiyaga Bigari, ihuriro rya AFC/M23 ryatanze isezerano rikomeye ku Burundi, rivuga ko ritazigera ryemera ko imitwe irwanya ubutegetsi bwabwo yifashisha uduce rigenzura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nk’ibirindiro byo guhungabanya umutekano w’icyo gihugu.  Iri sezerano ryatanzwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umuvugizi wa AFC/M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka, mu bihe byihariye aho u Burundi bwari bumaze gutangaza ku mugaragaro ko bushobora kwinjira mu ntambara yeruye n’u Rwanda.  AFC/M23 yavuze ko yubaha ihame ryo kubana neza n’ibihugu bituranye, kandi ko idashaka ko intambara zo mu karere zarushaho kwaguka. Yashimangiye ko uduce igenzura tutazigera duhinduka indiri y’imitwe yitwaje intwaro igamije guhungabanya umutekano w’u Burundi cyangwa w’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.  Aya magambo ya AFC/M23 yakurikiye igikorwa cyabaye ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza, iri ihuriro rya AFC/M23 ryafashije impunzi z’Abarundi zari zarahungiye mu burasirazuba bwa Congo gusubira mu gihugu cyazo ku bushake....

Nduhungirehe ashinja ibihugu by’Iburengerazuba guhuma amaso ku bitero bya FARDC muri Minembwe

  Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze bikomeye...

Ndayishimiye araburira Afurika: Ibihugu byari bihamye biri mu bibazo bikomeye bitewe n’akababaro k’Urubyiruko rw’aba-Gen Z

  Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yatangaje ko ikibazo cy’imyigaragambyo...
spot_imgspot_img

Kuva ku wa 9 Ukuboza 2025, Umujyi wa Uvira, umwe mu mijyi ikomeye cyane mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, waguye mu maboko y’ihuriro AFC/M23, nyuma y’igihe gito cy’imirwano ryarwanye n’ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’ingabo z’u Burundi. Ifatwa ry’uyu mujyi rifatwa nk’impinduka zikomeye mu ntambara iri kubera mu Burasirazuba bwa Congo, by’umwihariko ku rwego rw’umutekano n’ubukungu. 

Get a Professional Website at Promo Price

Start My Website

Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye zizewe agaragaza ko ifatwa rya Uvira ritabanje imirwano ikaze nk’iyagaragaye mu yindi mijyi. Nyuma y’uko AFC/M23 imaze gufata uduce tuyikikije, ingabo za FARDC n’iz’u Burundi zari ziri muri uyu mujyi zahisemo kuwuvamo zihunga, bituma abarwanyi ba AFC/M23 binjira muri Uvira nta nkomyi ikomeye bahuye na yo. 

Abasesenguzi bemeza ko iki gikorwa ari ikimenyetso cy’impinduka mu buryo bw’intambara ya AFC/M23, aho uyu mutwe utagishingira gusa ku kwirwanaho, ahubwo wibanda no ku kwigarurira ibice bifite akamaro kanini mu bukungu no mu migenderanire y’akarere. Uvira, uherereye hafi cyane y’u Burundi, kandi ukora ku Kiyaga cya Tanganyika, ufatwa nk’umutima w’ubucuruzi bwa Kivu y’Amajyepfo. 

Kuba AFC/M23 yarafashe Uvira nyuma y’umwaka bivugwa, bisobanurwa kandi nk’igisubizo ku bitero byagiye bigabwa ku baturage bo muri Kivu y’Amajyepfo, by’umwihariko Abanyamulenge, birimo ibitero by’indege n’iza drones, AFC/M23 ivuga ko byakorwaga n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Kinshasa. Uyu mutwe wagiye ushimangira ko kwinjira muri Uvira byari bigamije guhagarika ayo marorerwa no kurinda abaturage. 

Uvira ifite ubuso bungana na kilometerokare 207, ikaba ituwe n’abaturage barenga 726.000 nk’uko imibare yo mu 2024 ibigaragaza.  

Ubukungu bwayo bushingiye cyane ku bucuruzi, uburobyi bwo mu Kiyaga cya Tanganyika, ubuhinzi n’ubworozi bw’amatungo magufi n’amaremare. Ibi bituma uyu mujyi uba igicumbi cy’imibereho y’abaturage benshi bo muri Kivu y’Amajyepfo. 

Uyu mujyi uherereye ku ntera ya kilometero 25 gusa uvuye i Bujumbura, umurwa mukuru w’u Burundi. Mu bihe byashize, Uvira wabaye inzira y’ingenzi inyuzwamo ibicuruzwa biva mu Burasirazuba bwa Congo bijya i Bujumbura, by’umwihariko ibikomoka ku buhinzi. Ni na ho hacaga ibikomoka kuri peteroli, amavuta n’isukari byinjiraga mu Burundi mu buryo bwa magendu, bitewe n’uko ibyo bicuruzwa byari bikomeje kuba iyanga muri icyo gihugu. 

Kubera ko ukora ku Kiyaga cya Tanganyika, Uvira ni umwe mu mijyi igira uruhare runini mu bucuruzi nyambukiranyamipaka bukorerwa mu nzira z’amazi. Iki kiyaga ni imwe mu nzira z’amazi zikoreshwa cyane mu bucuruzi buhuza RDC n’ibihugu byo mu Majyepfo n’Iburasirazuba bwa Afurika. 

Ku rwego rw’ubukungu, ifatwa rya Uvira rifungurira AFC/M23 amarembo mashya. Binyuze ku Kiyaga cya Tanganyika, uyu mutwe ushobora kugera byoroshye ku byambu bya Kigoma muri Tanzania n’icya Mpulungu muri Zambia. Ibi bishobora gutuma habaho kwaguka kw’ubuhahirane, ishoramari n’ikorwa ry’ubucuruzi mpuzamahanga mu bice uyu mutwe ugenzura. 

Inyungu zo gufata Uvira ntizigarukira gusa ku mutekano, AFC/M23 ivuga ko ari yo ntego nyamukuru, ahubwo zinareba no ku kwiyubaka mu bukungu. Abasesenguzi bavuga ko kwigenzura imijyi ifite ibyambu n’inzira z’ubucuruzi biha uyu mutwe ubushobozi bwo kwigenga mu bijyanye n’imari no kongera ubushobozi bwawo mu gihe kirekire. 

Uvira ifatwa nk’inzira y’ingenzi inyuzwamo ibicuruzwa hagati ya RDC n’ibihugu bituranyi byo mu majyepfo n’iburasirazuba. Ibicuruzwa by’ingenzi byinjizwa mu gihugu biciye ku cyambu cya Kigoma muri Tanzania, mu gihe umusaruro w’ubuhinzi wo muri Kivu y’Amajyepfo wo woherezwa mu mahanga unyuze muri iyo nzira. 

Impuguke mu by’ubukungu zemeza ko imiterere ya Uvira n’icyambu cya Kalundu ituma uyu mujyi uba umwe mu ifite amahirwe menshi yo gutera imbere mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Ibi ni na byo bivugwa ko byateje impungenge zikomeye Leta ya RDC, cyane ko yatakaje igicumbi gikomeye cy’ubucuruzi. 

RDC ifite ibyambu bibiri by’ingenzi ku Kiyaga cya Tanganyika, ari byo Kalemie na Kalundu. Icyambu cya Kalundu giherereye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’iki kiyaga, kikaba kiri muri kilometero 4,5 uvuye mu mujyi rwagati wa Uvira. Kiri hafi cyane y’icyambu cya Bujumbura, aho kugerayo unyuze mu mazi bisaba kilometero 25 gusa. 

Icyambu cya Kalundu cyubatswe mu myaka ya za 1950, gifite ubuso bwa metero 60 z’ubugari na metero 300 z’uburebure, kikaba gifite ubushobozi bwo kwakira toni zirenga 120.000 ku mwaka. Ibicuruzwa by’ingenzi bihanyuzwa birimo sima, ifu y’ingano, umuceri n’isukari. 

Nubwo ari icyambu gikomeye, imihanda igihuza n’indi mijyi irimo Uvira na Bukavu yarangiritse cyane, ikaba yaranatezaga ikibazo cy’umutekano bitewe n’imitwe yitwaje intwaro yari iy’igenzura. Bivugwa ko mbere byafataga amasaha umunani kugeza ku icumi kuva Kalundu ugana i Bukavu, urugendo rurenze kilometero 130. 

Abasesenguzi bagaragaza ko uko AFC/M23 yagiye ishyira ku murongo imijyi imaze igihe igenzura irimo Goma na Bukavu, ndetse n’uko ubuhahirane n’ibihugu by’akarere byongeye kuzahuka, Uvira na yo ishobora kuba igicumbi gishya cy’iterambere ry’ubukungu n’imigenderanire myiza n’akarere. 

Alain Destexhe, wahoze ari Senateri mu Bubiligi ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’umuryango w’abaganga batagira umupaka (MSF), yagaragaje ko ifatwa rya Uvira ari igihombo gikomeye ku butegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi. Icyakora, yavuze ko igicumbi gikomeye cy’ubukungu bwa RDC kigikomeje kuba muri Katanga, by’umwihariko mu Mujyi wa Lubumbashi. 

Destexhe yagize ati: “Mu gihe Katanga ikiri mu maboko ya Moïse Katumbi, biragoye ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwahita bugwa. Lubumbashi iracyari kure ya Uvira ho kilometero zirenga 1000 uciye Kalemie.” 

Yanongeyeho ko imirwano iri mu Burasirazuba bwa Congo iterwa ahanini n’impamvu z’umutekano, avuga ko AFC/M23 irajwe ishinga no kurengera abaturage bagabweho ibitero by’indege, bakicwa cyangwa bagatotezwa n’ubutegetsi bwagombye kubarengera. 

Yashoje anenga ibihugu byasohoye amatangazo yamagana iyo mirwano, avuga ko byari bikwiye kubanza kwamagana no guhagarika urugomo rwari rumaze amezi menshi rukorerwa abaturage, mbere yo kwamagana igisubizo cyafashwe n’abarwanaga bashaka kubarengera. 

Ifatwa rya Uvira rishyira AFC/M23 mu mwanya mushya, aho itagifatwa gusa nk’ihuriro ryitwaje intwaro, ahubwo nk’umukinnyi ufite ijambo rikomeye ku mutekano, ku bukungu no ku mibereho y’akarere kose ka Afurika yo hagati n’iyo mu Burasirazuba. 

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here