23.9 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroUmugabo urwana apfa umugore aba ari igicucu – Big Eye Starboss

Umugabo urwana apfa umugore aba ari igicucu – Big Eye Starboss

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Big Eye Starboss, yatangaje amagambo akomeye anenga abagabo bajya mu makimbirane cyangwa intonganya bapfa abagore, avuga ko abo bagabo baba bagaragaza kwitakariza icyizere (low self-esteem) no kuba badafite imitekerereze ihagije.

Ibi Big Eye yabivuze asubiza ikibazo cyamubazwaga kijyanye n’uko amakimbirane yigeze kugirana n’umuhanzi Eddy Kenzo yaba yaratewe n’impamvu z’urukundo cyangwa umugore runaka. Big Eye yahakanye ibyo byivuga, avuga ko atigeze agera aho arakarira umuntu kubera umugore.

Yagize ati: “Ibintu byo kuba umugore yatera umwiryane hagati yanjye n’inshuti zanjye ubu mbibona nk’ibintu bito cyane. Niba ubonye umugabo arwana apfa umugore, menya ko ari umuntu udatekereza neza kandi ufite icyizere gike kuri we.”

Big Eye yakomeje ashimangira ko amakimbirane n’ubwumvikane buke ari ibisanzwe mu buzima, kandi ko abantu bagomba kubifata nk’ibintu bisanzwe aho kubigira inkuru ndende cyangwa kubigiramo inzangano zikomeye.

Yagize ati: “Kubana kw’abantu bigizwe no kumvikana no kutumvikana. Turi abantu, si ibintu bitunganye. Gutandukana cyangwa kutumvikana ntibikwiye gufatwa nk’akaga gakomeye.”

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here