23.9 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroAbafana batitaye ku bahanzi b’iwabo byatumye Alien Skin atekereza gusezera umuziki

Abafana batitaye ku bahanzi b’iwabo byatumye Alien Skin atekereza gusezera umuziki

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Patrick Mulwana uzwi cyane ku izina rya Alien Skin, akaba ari we muyobozi wa Fangone Forest Entertainment, yatangaje ko mu mwaka ushize yari hafi gufata icyemezo gikomeye cyo kureka umuziki burundu bitewe n’imyitwarire y’abafana b’umuziki muri Uganda.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Alien Skin yavuze ko icyamubabaje cyane ari ukureba uko abafana benshi batitaga ku bahanzi b’imbere mu gihugu, bakanga kujya mu bitaramo byabo, nyamara bakihutira kugura amatike ahenze iyo haje abahanzi b’abanyamahanga, by’umwihariko abo muri Nigeria.

Uyu muhanzi yasobanuye ko byamuciye intege kubona abantu bananirwa kwishyura itike y’ibihumbi 20 by’amashiringi ya Uganda kugira ngo bashyigikire umuhanzi w’iwabo, ariko bakishyura nta kuzuyaza iyo ari umuhanzi mpuzamahanga.

Ati: “Icyatumye ntekereza kureka umuziki ni uko abafana bari batangiye gutenguha. Iyo bumvise ko umuhanzi wo muri Nigeria aje, bitabira igitaramo ari benshi. Ariko umuhanzi wo hano ntibamwishyurire n’itike y’ibihumbi 20. Byarantunguye cyane.”

Alien Skin yakomeje avuga ko aho gusezera, yahisemo gufata iya mbere akagerageza “gutoza” abafana, abibutsa agaciro ko gushyigikira impano z’iwabo no kubaka umuziki w’igihugu cyabo.

Iyo myitwarire ye ngo yaje gutanga umusaruro, kuko ubu abafana batangiye kongera kwitabira no kugaragaza urukundo ku bahanzi ba Uganda, ibintu avuga ko bimushimisha cyane.

Yanongeyeho ko ubu yibona mu bahanzi b’inararibonye bafite izina rikomeye mu muziki wa Uganda, avuga ko indirimbo akora muri iyi minsi ziri ku rwego rw’ibihangano by’abahanzi bakomeye mu mateka y’iki gihugu.

Ibi Alien Skin abitangaje mu gihe akomeje kwigarurira imitima ya benshi no kwerekana ko n’ubwo yigeze gucika intege, yashoboye kwisubiraho no guhindura uko abafana babona umuziki w’iwabo.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here