Umuyobozi wa politiki w’umutwe wa AFC/M23, corneille Naanga, yohereje ubutumwa bwo kunamira abasirikare b’uyu mutwe baguye mu mirwano, anashimangira ko urugamba bavuga ko baharanira rugamije “kubohora igihugu no kurengera uburenganzira bw’abaturage bose nta vangura.”
Mu butumwa yatanze , corneille Naanga yavuze ko impinduramatwara bavuga ihagarariwe n’abasirikare “bitanga buri munsi, bakemera no gutanga ubuzima bwabo kugira ngo hubakwe igihugu kirinda abaturage bacyo, kandi gifite ejo hazaza hizewe.”
Yagize ati: “Impinduramatwara ni izi ntwari zitanga ubuzima bwazo buri munsi. Ni no gusangira agahinda n’abo twabuze mu mutuzo. Turunamira buri murwanyi wese waguye ku rugamba.”
Iri tangazo rije mu gihe amakuru atandukanye akomeje kuvugwa ku rupfu rwa Lt. Colonel Willy Ngoma, wari umwe mu bayobozi ba gisirikare ba AFC/M23. Nk’uko corneille Naanga yabivuze, uyu musirikare yaguye mu gitero cyabaye ku wa Kabiri, cyari kigamije kwibasira abarwanyi benshi b’uyu mutwe.
corneille Naanga kandi yongeye kuvuga kuri Gen. Sultan Makenga, umwe mu bayobozi bakuru ba gisirikare ba AFC/M23, avuga ko kuva mu 2022 yakomeje kuba ku rutonde rw’abashakishwa cyane n’ubutegetsi bwa Kinshasa. Yavuze ko habayeho “igeragezwa inshuro nyinshi ryo kumugirira nabi,” ariko ko ritigeze rigera ku ntego.
Ati: “General Sultan Makenga ari ahantu hadatangajwe, nk’uko bisanzwe bikorwa ku bayobozi b’ingabo. Ameze neza, kandi azakomeza kuyobora ibikorwa bishya.”
AFC/M23 ni umutwe w’inyeshyamba umaze imyaka urwanira mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), cyane cyane mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Uyu mutwe uvuga ko uharanira kurengera uburenganzira bw’abavuga ikinyarwanda muri kongo, mu gihe Leta ya RDC iwushinja guhungabanya umutekano no gushyigikirwa n’ibihugu byo hanze, ibyo AFC/M23 ihakana.
Ibikorwa by’uyu mutwe n’ingabo za Leta ya Congo byakomeje guteza umutekano muke, bigatuma abaturage benshi bava mu byabo, ndetse n’amahanga akomeza gusaba impande zombi guhagarika imirwano no gushaka umuti wa politiki.
Abasesenguzi bavuga ko ubutumwa nk’ubu bushobora kuba bugamije kongerera morali abarwanyi ba AFC/M23 no kugaragaza ko ubuyobozi bwabo bukiriho, nubwo hari amakuru y’urupfu rw’abasirikare bakomeye.
Kugeza ubu, ubuyobozi bwa Leta ya Congo ntiburagira icyo butangaza ku mugaragaro ku birebana n’aya makuru mashya, mu gihe umutekano mu burasirazuba bw’igihugu ugikomeje kuba muke




