37.1 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomeAmakuruAFC/M23 yemeje urupfu rwa Koloneli Willy Ngoma, ishinja Kinshasa kurenga ku masezerano...

AFC/M23 yemeje urupfu rwa Koloneli Willy Ngoma, ishinja Kinshasa kurenga ku masezerano y’agahenge

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ku mugaragaro ko Koloneli Willy Ngoma, wari umwe mu basirikare bakuru b’Ingabo zayo zizwi nka ARC (Armée Révolutionnaire Congolaise), yitabye Imana.

Mu itangazo wasohoye ku wa 28 Gashyantare 2026, AFC/M23 yavuze ko Koloneli Ngoma yapfuye ku wa 24 Gashyantare 2026, mu bihe uwo mutwe uvuga ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwari bukomeje kurenga ku masezerano y’agahenge. Uyu mutwe ushinja Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gusenya nkana ayo masezerano no kongera ibikorwa bya gisirikare, birimo no gukoresha indege zitagira abapilote (drones).

Iryo tangazo rikomeza rivuga ko ibyo bitero byagabwe ku birindiro by’umutwe ndetse no ku baturage basanzwe mu bice bitandukanye byo mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo. AFC/M23 yagaragaje by’umwihariko uduce twa Masisi, Walikale, Kalehe na Minembwe nk’aho imirwano yongeye gukaza umurego.

Uyu mutwe kandi uvuga ko inshuro nyinshi wamenyesheje abafatanyabikorwa bari mu biganiro by’amahoro ku bijyanye no kurenga ku gahenge no kugabwa ibitero mu duce dutuwe n’abaturage benshi, ariko ukavuga ko ibyo bibazo bitigeze bihabwa agaciro gakwiye.

Nubwo bimeze bityo, AFC/M23 yongeye gushimangira ko igishyigikiye inzira y’ibiganiro by’amahoro, ariko igaragaza ko yiteguye gukomeza kurinda ibice igenzura, umutekano w’abaturage n’abarwanyi bayo.

Kugeza ubu, nta tangazo cyangwa igisubizo kiratangazwa ku mugaragaro na Leta ya Congo ku birego byashyizwe ahagaragara n’uyu mutwe.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here