33.8 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomeAmakuruTehran ifashe icyemezo gikomeye: Alireza Aarafi yinjijwe mu Nama ishinzwe kuyobora igihugu

Tehran ifashe icyemezo gikomeye: Alireza Aarafi yinjijwe mu Nama ishinzwe kuyobora igihugu

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Akanama k’Impuguke ka Repubulika ya Kiyisilamu ya Iran katoye Alireza Aarafi, umwe mu banyamuryango bakomeye bafite aho bahurira n’inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’igihugu, kugira ngo abe umwe mu bagize “itsinda ry’abanyamategeko” b’Inama y’agateganyo iyobora Repubulika ya Kiyisilamu ya Irani. Aya  matorwa yemejwe n’umuvugizi w’iyo Nama y’Impuguke, nubwo hatatangajwe ibisobanuro birambuye ku buryo inama yabaye cyangwa igihe yatangarijwe.

Aarafi yinjijwe mu kanama  k’abantu  batatu gashinzwe gufata inshingano z’ubuyobozi bw’ikirenga by’agateganyo, nk’uko biteganywa n’ingingo ya 111 y’Itegeko Nshinga rya Iran. Iyi ngingo ivuga ko mu gihe umuyobozi w’ikirenga atagishoboye gukomeza inshingano ze, hashyirwaho inama idasanzwe igomba kuyobora igihugu kugeza igihe Inama y’Impuguke ishyiriyeho umusimbura wemewe n’amategeko.

Nubwo iyi nama ihabwa inshingano zikomeye zo gukomeza imikorere y’inzego z’igihugu, ububasha bwayo bugengwa n’amategeko akomeye, kuko ibyemezo by’ingenzi igomba gufata bisaba kwemezwa na bitatu bya kane by’abagize Inama y’Impuguke. Iyi nama ni na yo ifite ububasha bwo kwemeza cyangwa gukuraho abayobozi bakuru b’ingabo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo n’abayobozi bakomeye b’igisirikare cya Iran, cyane cyane mu bihe by’umutekano muke.

Ibi bibaye mu gihe iki gihugu gihanganye n’ihungabana rikomeye rikurikira iyicwa ry’abayobozi bakuru ba gisirikare ndetse n’ibibazo bikomeye by’umutekano byatewe n’intambara n’ibitero biherutse kuvugwa. Inama y’agateganyo izaba ifite inshingano zo gufata ibyemezo byihutirwa bigamije gukomeza imikorere y’inzego z’umutekano no gukumira icyuho mu buyobozi.

Nubwo hari amakuru yatangajwe n’ibitangazamakuru mpuzamahanga avuga ko hari gahunda zitandukanye zateguwe ku izungura ry’ubuyobozi bw’ikirenga, bamwe mu bayobozi ba Iran bakomeje kuvuga ko inzego z’igihugu ziteguye kandi ko hari igenamigambi rihamye ryashyizweho kera. Umujyanama mu bya gisirikare cya IRGC, Ebrahim Jabbari, yavuze ko ingabo za Iran zifite umurongo usobanutse kandi ko impinduka mu buyobozi zitagomba guhungabanya imikorere cyangwa ubushobozi bwazo bwo kurinda igihugu.

Ishyirwaho rya Alireza Aarafi muri iyi nama y’agateganyo rifatwa nk’intambwe ikomeye mu gukomeza ituze ry’inzego z’ubuyobozi, mu gihe Iran iri mu bihe bikomeye by’umutekano n’igitutu cyiyongera ku rwego mpuzamahanga.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here