25.2 C
Africa
Saterdag, April 25, 2026
HomeAndi makuruMoïse Katumbi Chapwe  niwe wabaye Perezida wa RD-Congo

Moïse Katumbi Chapwe  niwe wabaye Perezida wa RD-Congo

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Moïse Katumbi Chapwe  yemejwe nk’umukuru w’igihugu cya RD-Congo Nkuko bitangazwa n’Ishyaka rye «Ensemble Pour la République» aho rivuga ko ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye mu cyumweru gishize.

Christian Mwamba uhagarariye Katumbi mu ntara ya Haut-Katanga, yabitangaje ubwo yari i Lubumbashi.

Uyu mugabo mu magambo ye yavuze ko Katumbi ari we watsinze amatora, ariko «kubera kutita ku nshingano, Perezida wa CENI (Komisiyo y’amatora muri RDC) arashaka kwiba intsinzi y’umukandida w’abaturage. »

Amakuru yihariye agera kuri Corrirdorreport.com avuga ako aba hafi ya Katumbi bakomeje gushimangira ko ari we wegukanye intsinzi, mu gihe amajwi y’agateganyo amaze gutangazwa yerekana ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi ari we ukomeje kuza imbere y’abo bahatanye.

Mu gihe hamaze kubarurwa amajwi abarirwa muri miliyoni 2.7, imibare itangwa na CENI irerekana ko Tshisekedi ari imbere n’amajwi 80.3%, agakurikirwa na Katumbi ufite 15.8%. Martin Fayulu aza ku mwanya wa gatatu n’amajwi angana na 1.8%.

Indi nkuru wasoma

Byagenda bite Félix Tshisekedi yongeye gutorerwa kuyobora RD-Congo?

Video wareba 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here