22 C
Africa
Saterdag, April 25, 2026
HomePolitikeIngabo za FARDC na FDLR bongeye kwibasira Abaturage bo muri Nyongera bifashishije...

Ingabo za FARDC na FDLR bongeye kwibasira Abaturage bo muri Nyongera bifashishije ibitwaro biremereye na Drones

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Ihuriro ry’imitwe y’inyeshyamba ryiswe Wazalendo zifatanyije n’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC hamwe n’abacanchuro n’Ingabo z’u Burundi bongeye kugaba ibitero mu gace gatuwe n’abaturage benshi kitwa Nyongera ko muri Teritwari ya Rutshuru. 

Ibi bitero byifashijwemo indege ntoya z’intambara zitagira abapilote n’ibitwaro biremereye, bibasiye aka gace gatuwe n’abaturage benshi ndetse n’inkengero zako. 

Umutwe wa M23 ubarizwa mu gace gaturanye n’aka gace watangaje ko utazihanganira na rimwe abaza guhohotera abaturage  ndetse ko uzakora ibishoboka byose kugirango ubarinde icyaza kubahungabanya cyose. 

Ni ibitero byagabwe ku mugoroba wo kuwa 6 Mutarama 2024, mu masaha ya saa moya n’igice. 

Icyakora kugeza ubu n’ubwo Leta na Wazalendo ntacyo baratangaza kuri ibi bitero barashinjwa kuba aribo bari inyuma u’ubugizi bwa nabi buri kubera muri iyi Teritwari. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img