37.4 C
Africa
Maandag, April 27, 2026
HomePolitikePerezida Ndayishimiye ntavuga rumwe na Moïse Katumbi mu kwishimira intsinzi ya Félix...

Perezida Ndayishimiye ntavuga rumwe na Moïse Katumbi mu kwishimira intsinzi ya Félix Tshisekedi

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Perezida Evariste Ndayishimiye, yashimiye Perezida Félix Tshisekedi, waraye atangajwe n’urukiko rw’itegeko nshinga muri Repubulika iharanira ya Demokarasi ya Congo, ko ariwe watsinze amatora y’umukuru w’igihugu yo ku itariki 20 Ukuboza 2023.

Ni nyuma y’uko Urukiko rw’Itegeko Nshingarutangaje ku mugoroba wo kuwa Kabiri, tariki ya 09 Mutarama 2024, ko Tshisekedi ariwe wegukanye intsinzi mu bandi ba kandida bahataniye nawe umwanya w’umukuru w’igihugu.

Mumpera z’umwaka wa 2023, Denis Kadima, uhagarariye komisiyo y’igenga ishinzwe gutegura Amatora (CENI), muri RDC, yatangaje umukandida watsinze abandi ku mwanya w’umukuru w’igihugu, Perezida Félix Tshisekedi, muricyo gihe yatsinze bagenzi be ku majwi angana na: 13.058.962 (73.34%, 47), Moïse Katumbi, waje k’umwanya wa Kabiri yagize amajwi 3.256.572(18,08%), mugihe uwa Gatatu yabaye Martin Fayulu ku majwi angana na 875.336(4,92%).

Nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga rumaze gutangaza uwegukanye intsinzi muri RDC, Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yongeye gufata iyambere mu gushimira Tshisekedi, nk’uko yabikoze ubushize.

Yagize ati: “Gutangaza ibya vuye mu matora y’umukuru w’igihugu muri RDC, bitangajwe n’urukiko rw’Itegeko Nshinga, bya mpaye amahirwe yo kongera gushimira byimazeyo mugenzi wanjye kandi nifurije H.E Félix Tshisekedi, wongeye gutorerwa kuyobora igihugu cya RDC.”

Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yatangaje ibi mugihe Moïse Katumbi, yaramaze kugaragaza ibi murimo aho yagize ati: “Tshisekedi imikino yakinnye y’uburiganya yamaze kuyigaragaza. Ariko kandi n’igihe kirageze cya baturage ba Congo kugira ngo bishyire bizane mu gihugu cyabo.”

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa, bakomeje gutangaza ko mu matora aheruka muri RDC, yabayemo uburiganya bityo rero bagasaba ko amatora yasubirwamo bundi bushya.

Ibi byatumye urukiko rw’Itegeko Nshinga rushyikirizwa ikirego n’abamwe mubakandida rero urukiko rw’Itegeko Nshinga rwanzuye ko Tshisekedi ariwe wegukanye intsinzi.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img