25.7 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeUganda: Hashyizweho igihembo cya Miliyoni 20 z’amashilingi ku muntu uzabona uwarashe Pasiteri...

Uganda: Hashyizweho igihembo cya Miliyoni 20 z’amashilingi ku muntu uzabona uwarashe Pasiteri Aloysius

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Byose byatangiye mu ntangiriro za  2024, nibwo humvikanye amakuru y’umupasiteri uzwi cyane muri Uganda warusimbutse nyuma yo kuraswaho urufaya rw’amasasu agahitana umurinzi we witwa Richard Muhumuza.

Uyu mukozi w’Imana akimara kurusimbuka, yaje gutanga ubuhamya, avuga ko abantu bitwaje intwaro bamurashe bakiruka bazi ko bamwishe ariko ku bw’ibyago bahitana uwari umurinzi we.

Kuva ubwo inzego z’iperereza ryatangiye guhiga bukware abo bagizi ba nabi , ariko kugeza ubu bari bataraboneka.

Ibyo rero byatumye Polisi ya Uganda ifata icyemezo cyo gushyiraho igihembo cya Miliyoni 20 z’amashilingi ku muntu wese uzafata cyangwa agatunga agatoki uwariwe wese wakoze ubwo bugizi bwa nabi.

Yongeyeho ko uzatanga ayo makuru azarindirwa umutekano , ku buryo ntacyo bashobora kumutwara. Pasiteri Aloysius asanzwe azwi cyane nk’umuyobozi w’urusengero rwa Prayer House Ministries.Ni umwe mu banyamadini

bakunda gushyigikira ibikorwa by’ishyaka NRM rya Perezida Museveni akaba n’inshuti ya Muhoozi Kainerugaba.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img