24.2 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeHabaye Imyigaragambyo karundura yamagana irahira rya Félix Tshisekedi warahiriye kuyobora RDC muri...

Habaye Imyigaragambyo karundura yamagana irahira rya Félix Tshisekedi warahiriye kuyobora RDC muri manda ya kabiri. Amafoto

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Haravugwa imyigaragambyo karandura yamagana irahara rya perezida Félix Tshisekedi warahiriye kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri manda ya kabiri. 

Kugeza ubu imyigaragambyo iracyarimo kuvugwa ahantu habiri i Goma, mu murwa mukuru w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru no mu Mujyi wa teritware ya Beni, ho muri Kivu y’Amajyaruguru. 

Amakuru yizewe avuga ko urubyiruko rwiganjemo abahungu n’abakobwa, aribo babyukiye mu myigaragabyo aho bafunze imihanda mu bice bitandukanye byo mu mujyi wa Goma, ndetse banatwikira amapine hagati mu mihanda mu rwego rwo kwerekana ko batishimiye ibyavuye mu matora yabaye tariki 20/12/2023. 

Ku wa Kane, tariki ya 18/01/2024, nibwo abarimo Moïse Katumbi, Martin Fayulu, Floribert Anzuluni n’abandi batemera ibyavuye mu matora, bashyize itangazo hanze rihamagarira Abanyekongo bose kuzitabira imyigaragambyo yamagana ibyavuye mu matora n’irahira rya perezida Félix Tshisekedi. 

Mu itangazo bashyize hanze icyo gihe ntabwo ryagaragaje agace na kamwe iyi myigaragabyo yari kuberamo, gusa bavuze ko ahariho hose umunyekongo azaba aherereye akwiye kuzakora ibishoboka byose akamagana ubutegetsi bubi bwa RDC. 

Nyuma y’ itangazo rimenyesha ko hazaba imyigaragambyo, Minisitiri w’u mutekano muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Peter Kazadi, yahise akora ikiganiro n’Abanyamakuru i Kinshasa, avuga ko imyigaragambyo itemewe ko kandi uzagerageza kuyikora azahura “n’akaga adashobora kuzikuramo.” 

Ibyo biri mu byatumye ingabo za FARDC muri Kinshasa zuzura imihanda yose mu gihugu hatarimo ibice bigenzurwa n’umutwe wa M23 mu rwego rwo gucunga umutekano w’irahira rya perezida Félix Tshisekedi. 

Guhera igihe saa tanu za mugitondo cya tariki 20 Mutarama 2024, Abanyacyubahiro batandukanye n’abaturage ba RDC bari bamaze kugera muri Stade ya Martyrs ku bwinshi, aho Perezida Félix Tshisekedi yarahiriye kuyobora iki gihugu muri manda ya Kabiri. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img