25.7 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeUmutwe wa M23 watanze isomo muri Mweso mu gihe havugwa indi mirwano...

Umutwe wa M23 watanze isomo muri Mweso mu gihe havugwa indi mirwano i Kanyamahoro

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere imirwano hagati y’umutwe wa M23 n’ihuriro ry’inyeshyamba zifatanya na FARDC (Wazalendo) n’abacancuro biravugwa ko yaramukiye ku muhanda Kanyamahoro-Buhumba muri Teritwari ya Nyiragongo hafi y’Umujyi wa Goma. 

Amakuru aturuka aho atangazwa n’uruhande rwegereye guverinoma aravuga ko umutwe wa M23 wahanganye na Wazalendo, aho ngo urusaku rw’intwaro nto n’iziremereye rwumvikana mu nkengero za Kanyamahoro ariko no muri Kibumba muri Pariki ya Virunga. 

Abaturage batanze aya makuru bagize bati “Inyeshyamba za M23 zagabye igitero ku birindiro bya Wazalendo zirasa amabombe no ku birindiro bimwe bya FARDC.” 

Ku ruhande rwa M23, umuvugizi wa yo, Laurence Kanyuka, abinyujije kuri X yavuze ko “Ahagana saa 5h40, ingabo z’ikibi z’ubutegetsi bwa Kinshasa zateye uduce dutuwe cyane muri Mweso no mu nkengero zaho. Nk’ibisanzwe, M23 yarinze kinyamwuga abasivili yirukanira kure ibyo bigwari, byataye intwaro zabyo ku rugamba.” 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img