29.8 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomeUbutaberaSNR y’i Burundi imaze igihe ifungiye umunyarwanda ahatazwi

SNR y’i Burundi imaze igihe ifungiye umunyarwanda ahatazwi

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Mu Burundi haravugwa inkuru y’Umunyarwanda witwa Habiyaremye Jean de Dieu umaze iminsi afunzwe n’urwego rw’iki gihugu rushinzwe iperereza (SNR).

Ku wa Gatatu tariki ya 13 Werurwe 2024 ni bwo Habiyaremye yatawe muri yombi, nyuma yo kugera mu Burundi akubutse i Kigomba muri Tanzania.

Amakuru y’itabwa muri yombi rye yemejwe na bagenzi be bakorana bamutabarije basaba ko atagirirwa nabi n’ubutegetsi bw’u Burundi, bijyanye no kuba umwuka umaze igihe utifashe neza hagati yabwo n’u Rwanda.

Impirimbanyi Pacifique Nininahazwe watabarije uyu mugabo avuga ko yari amaze imyaka 10 akorera ingendo mu Burundi, aho yajyaga atera ku nyubako zitandukanye ibyapa bitanga amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.

Kugeza ubu impamvu u Burundi bwahisemo guta muri yombi Habiyaremye ntabwo iramenyekana.

Amakuru avuga ko nyuma yo gutabwa muri yombi inzego z’iperereza z’u Burundi ku Cyumweru gishize bamujyanye ahitwa i Kinanira yahoze atuye basaka inzu yabagamo, mbere yo kumusubiza kumufungira muri gereza y’iperereza ry’u Burundi itazwi.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here