34.9 C
Africa
Saterdag, April 25, 2026
HomeAmakuruM23 yasubije inyuma ibitero bya FARDC ihita yigarurira ibindi bice muri Masisi

M23 yasubije inyuma ibitero bya FARDC ihita yigarurira ibindi bice muri Masisi

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 22 Werurwe 2024 hongeye kuba imirwano ikaze hagati y’ingabo za FARDC na M23. Aho byarangiye M23 isubije inyuma izi ngabo za Leta maze igahita iboneraho no kwigarurira ibindi bice byo muri Teritwari ya Masisi muri Kivu ya Ruguru.

Lawrence Kanyuka, umuvugizi wa M23 mu bya politike, yavuze kuri ibi bitero bagabwaho, avuga ko byagabwe mu duce turimo Mushaki, Karuba no mu nkengero zaho. Ariko yemeza ko ahagabwe ibitero ari ahatuwe n’abaturage benshi.

Yagize ati: “Ihuriro ry’abasirikare ba leta ya Kinshasa, barimo FDLR, abacanshuro, Wazalendo, ingabo z’u Burundi na SADC, bagabye ibitero ahatuwe n’abaturage benshi, muri Karuba, Mushaki no mu nkengero zaho.”

Yakomeje agira ati: “Ingabo ziharanira impindura matwara muri Repubulika ya demokarasi ya Congo (ARC) ziri kurwana kubaturage n’ibyabo kandi turarwana kinyamwuga.”

Ay’amakuru avuga kandi ko iy’i mirwano yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, ingabo ziyobowe na Gen Sultan Makenga ko zasubije ibi bitero inyuma, ndetse zambura abarwana k’uruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa, uduce turimo Kabaya na Kaghundu.

Akomeza avuga ko urugamba rwaje gukarira mu Bihambwe ho muri teritware ya Masisi, aho M23 yaje kwa mbura imbunda ninshi ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya Kinshasa.

Urugamba rwabereye mu Bihambwe rwatangiye igihe c’isaha ya saa kenda rugeza isaha ya saa moya z’ijoro.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here