33.8 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomePolitikeUkuri kwihishe inyuma y’ibyo leta ya Felix Tshisekedi yatangaje ivuga ko yigaruriye...

Ukuri kwihishe inyuma y’ibyo leta ya Felix Tshisekedi yatangaje ivuga ko yigaruriye Vitshumbi na Kibirizi

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko Ingabo z’iki gihugu zirukanye M23 mu duce two muri Teritwari ya Rutshuru yaherukaga kwigarurira.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ingabo, Jean Pierre Bemba, ubwo ku wa Kane w’iki cyumweru yari mu nama y’abaminisitiri.

Muburyo bwa Poropaganda abitumwe na Perezida; uyu mugabo yavuze ko ingabo za Leta zigaruriye uduce twa Vitshumbi na Kibirizi, ndetse ko ingamba zose zamaze gufatwa kugira ngo FARDC ifatanyije n’abarimo Wazalendo birukane M23 mu tundi duce igenzura uhereye ku ka Rwindi.

Kinshasa iravuga ko Ingabo zayo zigaruriye turiya duce, ariko kandi amakuru yizewe agera kuri CorridorReports avuga ko M23 ari yo ikigenzura turiya duce.

Ku wa Kane w’iki cyumweru Lt Col Willy Ngoma uvugira igisirikare cya M23 yatangaje ko Ingabo za Leta zagabye ibitero ku birindiro byabo biri muri turiya duce, gusa ziza kuyabangira ingata nyuma yo gucanwaho umuriro w’amasasu.

Lt Col Willy yanatangaje ko izo ngabo zataye intwaro nyinshi ndetse n’amasasu.Tubibutse ko kandi M23 iheruka kwigarurira n’utundi duce, turimo aka Mahanga ko muri Teritwari ya Masisi, mu gihe muri Rutshuru yigaruriye uduce twa Birundule, Mirangi na Bulindi duherereye hafi ya Kanyabayonga.

Willy Ngoma yashimangiye ko intambara 10p0 zose M23 irwana izibonamo intsinzi nka zo

Ngoma yakomeje atangaza ko ibyavuzwe na Bemba ari ibinyoma ubutegetsi bw’i Kinshasa bumaze igihe bwarashyize imbere.

Ati: «Nyuma yo guhurira n’ibibazo ku mirongo yose y’urugamba, guverinoma ya Tshisekedi yahisemo ingamba z’akaduruvayo yica abaturage bayo (nk’ibyabereye i Mugunga), ndetse n’ingamba zo kubeshya; nk’ibya kibirizi na vitshumbi».

Lt Col Willy Ngoma uvugira igisirikare cya M23
Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here