26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeHamenyekanye amakuru mashya y’ibyo M23 iri gukorera ingabo z’u Burundi zoherejwe muri...

Hamenyekanye amakuru mashya y’ibyo M23 iri gukorera ingabo z’u Burundi zoherejwe muri RDC kurwanya uyu mutwe

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Abasirikare bagera kuri 472 b’u Burundi baguye mu mirwano ikomeye cyane yahanganishije M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu bice byo muri teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. 

Ni imirwano ikomeye cyane yabaye tariki ya 25 na 27 Mutarama 2024, ibereye muri Muremure no mu nkengero za Mweso. 

Urugamba rwahuje ingabo z’u Burundi na M23, rwabereye mu gace ka Muremure, muri teritware ya Masisi, ahari umuhanda uhuza ibice bya teritware ya Masisi n’u Mujyi wa Goma, uzwi nk’umurwa mukuru w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru. 

Amakuru umunyamakuru wa Corridorreport.com akura ku mirongo y’urugamba avuga ko iyi mirwaro yahitanye ingabo z’u Burundi zoherejwe gufasha igisirikare cya FARDC kurwanya M23. 

Izi ngabo zatakaje abasirikare ba barirwa 472, abandi 131 barakomereka, ndetse abandi muri bo bafashwe mpiri n’umutwe wa M23. 

Ingabo z’u Burundi kandi zapfuye ku bwinshi mu gitero gikaze abasirikare b’u Burundi bari bagabye mu birindiro bya M23 mu ijoro ryo ku wa 25 Mutarama 2024, mu gace kari mu nkengero za Mweso. 

Ku rundi ruhande hari amakuru aturuka ku rubuga rw’umuturage w’u Burundi usanzwe atabariza abarundi bari mukaga, Pacifique Nininahazwe, yanditse akoresheje urubuga rwe, avuga ko ingabo z’u Burundi zo muri Batayo ya 7 zarasiwe mu mirwano yabahuje na M23, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. 

Pacifique Nininahazwe akaba avuga ko izi ngabo zose zigize Batayo ya 7 zapfuye zirashira. 

Byanavuzwe ko iyo Batayo ya 7 y’ingabo z’u Burundi, isanzwe ibarizwa muri TAFOC, arizo ngabo z’u Burundi zoherejwe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, gufatanya na FARDC kurwanya imitwe yitwaje intwaro irimo Red Tabara. 

Mu minsi ishize nkuko twabibagaragarije mu nkuru yacu, twari twahishuye ko ingabo z’u Burundi zibarizwa mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo zagiye zoherezwa muri Kivu y’Amajyaruguru, gufatanya na Wazalendo na FDLR, kurwanya umutwe wa M23. 

Abasirikare b’u Burundi, bongeye kuvugwa ko bapfuye ku bwinshi, mugihe mu Ukwakira k’umwaka ushize wa 2023, mu nkengero za Kitshanga haguye abandi basirikare b’iki gihugu barenga 200 harimo n’abandi bafashwe mpiri bikozwe n’ingabo za M23. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img