23.6 C
Africa
Donderdag, April 23, 2026
HomePolitikeRDC: Abaturage umunani bo muri Kivu y’Amajyaruguru biciwe mu gitero gitunguranye bagabweho

RDC: Abaturage umunani bo muri Kivu y’Amajyaruguru biciwe mu gitero gitunguranye bagabweho

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Abaturage umunani nibo byamenyekanye ko baburiye ubuzima mu gitero cyagabwe mu gace ka Oïcha, muri teritware ya Beni, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. 

Ni gitero cyagabwe mu ijoro ryo k’u wa Kabiri, rishyira kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 31 Mutarama 2024 kigabwe n’umutwe w’iterabwoba wa ADF, ukomoka mu gihugu cya Uganda. 

Umuyobozi wa Komine ya Oïcha, bwana Nicolas Kikuku yemeje ibya kiriya gitero cyagabwe, avuga ko cyahitanye abantu bari bari gusenga mu masaha ya nijoro. 

Uyu muyobozi yavuze ko igitero cya ADF, umutwe w’itwara Gisirikare urwanya ubutegetsi bwa Uganda wishe abasivile umunani muri Komine ya Oïcha. 

Yagize ati: “Igitero cya ADF, umutwe w’iterabwoba uzwiho gukorana bya hafi cyane n’abicanyi ba ki-Islam bakorera muri ibi bice bagabye igitero gihitana abantu umunani bari bari gusenga.” 

I Beni, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, hagiye haba ubwicanyi bwatangiye kuvugwa mu mpera z’u mwaka w’1999 na 2003 kugeza ubu bukorerwa abasivile ahanini umutwe w’iterabwoba wa ADF wagiye ushinjwa ubwo bwicanyi bwibasira abasivile. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img