23.6 C
Africa
Donderdag, April 23, 2026
HomePolitikeM23 irashinja Félix Tshisekedi n’ihuriro ry’ingabo ze kwica abagore n’abana b’inzirakarengane no...

M23 irashinja Félix Tshisekedi n’ihuriro ry’ingabo ze kwica abagore n’abana b’inzirakarengane no gusenya amazu y’abaturage.

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Ubuyobozi bwa M23, bwasohoye inyandiko hanze zishinja Félix Tshisekedi, n’ihuriro ry’ingabo ze kugaba ibitero ahatuwe n’abaturage benshi mu bice byo muri teritware ya Masisi, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru bigahitana abagore n’abana. 

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 06 Gashyantare 2024, nibwo iyi nyandiko yashizwe hanze n’umuvugizi wa M23 mu bya politike, Lawrence Kanyuka. 

Abinyujije ku rukuta rwe rwa X yahoze ati twitter, aho yakoresheje urubuga rwa X, Lawrence Kanyuka yavuze ko ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zishe abana n’abagore muri Localité ya Mushaki, mu birometre 37 uvuye mu mujyi wa Goma. 

Ati: “Ejo hashize, mu bice bya Mushaki, ihuriro ry’Ingabo zirimo FARDC, FDLR, Wagner, ingabo z’u Burundi, Wazalendo na SADC, nk’uko bamenyereye kwica, bishe abana, Abagore, bica n’umusaza usheshe akanguhe, banasenya amazu y’abaturage. Ibi babikora umuryango w’Abibumbye na Monusco izwiho gutanga ibikoresho kuri iryo huriro, bicececyekeye.” 

Yakomeje agira ati: “Turahamagarira imiryango mpuzamahanga, kudaceceka kuko perezida Félix Tshisekedi Tshilombo n’igisirikare cye kiri mu ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa FARDC, bakomeje kwica abaturage bo mu bwoko bumwe. Tshisekedi yakoze ibyaha by’Itambara n’ibyaha byibasiye inyoko muntu.” 

Umuvugizi wa M23, yakomeje avuga ko ibitero by’ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bigikomeje ko kandi biri kugira ingaruka mbi ku baturage baturiye i Masisi no munkengero zayo. 

Yasoje avuga ko ingabo za M23 zo zikomeje gukora ibishoboka byose mu gukomeza kwirwanaho no kurwanirira abaturage ndetse no kurinda abaturage n’ibyabo. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img