33.7 C
Africa
Maandag, April 27, 2026
HomeAndi makuruBitunguranye, indi nyamaswa yarumye umugabo wayerekaga ba mukerarugendo imukuraho imyanya y’ibanga

Bitunguranye, indi nyamaswa yarumye umugabo wayerekaga ba mukerarugendo imukuraho imyanya y’ibanga

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umugabo yari hafi kubura ubugabo bwe ubwo ingona nini yamurumaga hagati y’amaguru,nyuma yo kuyisanga aho ziba ngo ayimurikire ba mukerarugendo. 

Uyu mugabo ushinzwe kwita ku ngona yatunguwe ubwo imwe muri zo yamwanjamaga ayisanze aho bazororera muri Afurika y’epfo. 

Ibi byabaye ubwo yarimo yereka abantu ubuzima bw’izi ngona,hanyuma ikinini muri zo kiba gisumiriye munsi y’umukandara. 

Uyu mugabo yavugije induru ubwo iyi nyamanswa yamurumaga mu myanya y’ibanga.Ingona ya kabiri, ntoya gato,nayo yirutse isanga uyu mugabo ngo nayo imurye. 

Ba mukerarugendo bumvise induru y’uyu mugabo ubwo iyi ngona nini yamuturaga hasi, ariko ku bw’amahirwe yashoboye guhaguruka maze arahunga. 

Amaraso yabonekaga hasi aho bororera izi ngona ahitwa Ballito mu ntara ya Kwa-Zulu Natal. 

Uyu mugabo yahise ajyanwa mu bitaro bya Victoria kugira ngo adodwe aho yarumwe byihutirwa. 

Impuguke mu byerekeye ingona yavuze kuri iyo videwo ati: “Ingona yashakaga kumuha umuburo gusa.Iyo ishaka kumwica yari kubikora byoroshye. 

Uyu yakomeje avuga ko uyu murinzi yagize amahirwe menshi kuko iya kabiri iyo imuruma zombi zari kumuteranira zikamushwanyaguza. 

Umwe mu bakozi yagize ati: “Yakomeretse bikabije ku kuguru kw’iburyo hafi y’gitsina cye.’ 

Yavuze ko iyi ngona iyo iruma cyane, n’igitsina cy’uyu mukozi kiba cyabigendeyemo. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here