26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeUbutaberaPolisi yataye muri yombi Umusore w’imyaka 28 azira guhimba ikinyoma gikomeye ngo...

Polisi yataye muri yombi Umusore w’imyaka 28 azira guhimba ikinyoma gikomeye ngo apime ko umukunzi we amukunda

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Abakozi b’igipolisi cya Nigeria (NPF), bataye muri yombi umusore w’imyaka 28, Pascal Akuh, azira kubeshya ko yafunzwe ngo asuzume umukunzi we. 

Komiseri wa Polisi muri FCT, CP Ben Igweh, ibi yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa gatatu, tariki ya 20 Werurwe 2024, yavuze ko ukekwaho icyaha yemeye ko yahimbye ifungwa rye kugira ngo asuzume urukundo umukunzi we amukunda. 

CP yagize ati: “Ku ya 14 Werurwe 2023 ahagana mu ma saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba, Akuh Chinemezeh yamenyesheje Apo Divisional Headquarters ko murumuna we witwa Pascal Akuh, w’imyaka 28, yamuhamagaye amubwira ko yatawe muri yombi na polisi ajyanwa gufungirwa muri SCID. 

Kubera ibi, Polisi n’umuryango we bagiye muri gereza ya SCID, IRT na FCID, basanga atari muri kimwe mu bigo byavuzwe. 

Hifashishijwe agakoresho karanga amerekezo,imodoka y’ukekwaho icyaha yakurikiranwe iboneka mu gace ka Wumba, Apo. 

Uyu wabeshye yasanzwe muri hoteri i Lokogoma nijoro maze bamuta muri yombi. 

Ati: “Mu ibazwa, ukekwaho icyaha yemeye ko yahimbye ifungwa rye kugira ngo asuzume umukobwa yashakaga kurongora kugira ngo amenye niba koko amukunda.” 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here