23 C
Africa
Maandag, April 27, 2026
HomeAndi makuruBanki yagize ikibazo abanyeshuri biga muri Kaminuza babikuza amafaranga menshi karahava

Banki yagize ikibazo abanyeshuri biga muri Kaminuza babikuza amafaranga menshi karahava

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Banki y’ubucuruzi ya mbere nini mu gihugu cya Ethiopia iravuga ko imaze kugaruza hafi bitatu bya kane bya miliyoni 14 z’amadolari yatakaje ubwo habaga akabazo k’ikoranabuhanga kagatuma abakiriya bashobora kwiha amafaranga asumba ayo bafite ku makonti yabo. 

Ku wa 16 Werurwe, inkuru y’akabazo k’ikoranabuhanga yarakwirakwiye ku bigo bya za kaminuza – hakoreshejwe ubuhanga bwo guhana ubutumwa bwanditse cyangwa mu guhamagarana kuri terefone – abanyeshuri batonda imirongo ku mashini zitanga amafaranga. 

Ibihumbi by’abakiriya biganjemo abanyeshuri biga muri za Kaminuza bagaruye amafaranga ku bushake bwabo. Sano yaburiye ko abatarabikora bazakurikiranwa n’inkiko. 

Banki ntiyigeze imenya ikibazo cyabaye, ariko CBE yavuze ko nta kibazo cy’ubugizi bwa nabi cyabaye kandi ko abakiriya batuza kuko konte zabo ntacyo zabaye. 

Kaminuza nibura eshatu zasohoye amataganzo ziburira abanyeshuri gusubiza amafaranga atari ayabo bashobora kuba barihaye muri banki. 

Abe Sano, umukuru wa Commercial Bank of Ethiopia (CBE) yavuze kuri wa kabiri ko hafi miliyoni 10 z’amadolari zimaze kugaruzwa. 

Avugana n’ikiganiro Newsday cya BBC mu cyumweru gishize, Abe yavuze ko CBE yamaze gutangira igikorwa cyo kurega abakiriya bibye mu gipolisi. 

Ati:’’Nta buryo na bumwe bashobora kudusiga kuko kuvana amafaranga muri banki bikorwa ku buryo bw’ikoranabuhanga kandi ni abakiriya bacu. Turabazi. Biroroshye kubabona kandi bazabazwa ibyo bakoze imbere y’amategeko.” 

Amakuru ya mbere yavugaga ko amafaranga arenga miliyoni 40 z’amadolari ari yo yari yasohotse igihe ako kabazo kabagaho. 

Umukozi wo muri CBE yabwiye BBC ko bigoye kubona amafaranga yoherejwe mu yandi mabanki kurusha ayashyizwe ku yandi makonte yo muri CBE . 

CBE yamenye ko habaye akabazo hamaze kuvanwaho cyangwa kohereza ahandi amafaranga incuro 490.000. 

Abantu barenga miliyoni 38 bafite amakonti muri CBE, banki imaze inyaka 82 ishinzwe. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here