24.2 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroUmuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje mu muhango wo kurahira kwa Minisitiri bari mu...

Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje mu muhango wo kurahira kwa Minisitiri bari mu munyenga w’urukundo

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umuhanzi Eddy Kenzo yaherekeje Minisitiri Phiona Nyamutoro bari kuvugwa mu rukundo mu muhango wo kurahira wayobowe na Perezida Yoweri Kaguta Museveni. 

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Eddy Kenzo yavuze ko yishimiye guherekeza Minisitiri Phiona Nyamutoro mu kurahira ndetse amumenyesha ko aterwa ishema no kumubona mu mwanya aherutse guhabwa. 

Yagize ati: “Ni ibyishimo kuba nabonye kurahira kwawe nk’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Iterambere ry’Ingufu n’Amabuye y’Agaciro. 

Kukubona ukora urugendo rudasanzwe mu buyobozi bintera ishema.Imana ikomeze kukurinda no kukuyobora muri rwo [urugendo] ukorera igihugu cyacu dukunda.” 

Phiona Nyamutoro yari asanzwe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda ahagarariye urubyiruko by’umwihariko akaba umunyamuryango wa NRM, ishyaka riri ku butegetsi muri Uganda. 

Nyamutoro aherutse kugirwa Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Iterambere ry’Ingufu n’Amabuye y’Agaciro kuwa 22 Werurwe 2024. 

Nyamutooro warangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza mu bijyanye n’ubuhanzi, yaje gusoza icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye na ‘Public Administration’. 

Mu 2019 nibwo Eddy Kenzo uvugwa mu rukundo n’uyu mu Minisitiri yatandukanye na Rema Namakula bari bamaze imyaka itanu bakundana ndetse bakaba bari bafitanye umwana umwe w’umukobwa. 

Eddy Kenzo ategerejwe i Kigali ku wa 28 Werurwe 2024, kuri uyu wa 27 Werurwe 2024. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here