32.2 C
Africa
Vrydag, April 24, 2026
HomePolitikeUbutegetsi bwa Tshisekedi bwatunguranye bubeshya Abanye-Congo ikinyoma gikomeye cyane kuri Joseph Kabila...

Ubutegetsi bwa Tshisekedi bwatunguranye bubeshya Abanye-Congo ikinyoma gikomeye cyane kuri Joseph Kabila yasimbuye.

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila Kabange, yahunze iki gihugu, nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’ishyaka UDPS riri ku butegetsi. 

Augustin Kabuya usanzwe ari umunyamabanga Mukuru w’iri shyaka UDPS riri ku butegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabitangaje ku wa Gatandatu tariki ya 30 Werurwe 2024, ubwo yagezaga ijambo ku barwanashyaka baryo. 

Kabuya yavuze ko Kabila wayoboye RDC imyaka 18 yahisemo guhunga, bijyanye n’uko ari we uri inyuma y’intambara iri muri iki gihugu. 

Yagize ati: “Ku bw’amakuru yanyu, ubu tuvugana Joseph Kabila yahunze igihugu, ntabwo agituye hano. Nta kimenyetso yasize muri DGM (Ibiro bishinzwe abinjira n’Abasohoka), yagiye rwihishwa kuko ri we wihishe inyuma y’intambara ibera mu burasirazuba bw’igihugu.” 

Kabuya ntiyigeze atangaza igihugu Joseph Kabila yaba yarahungiyemo. 

Uyu mugabo yunzemo ko urubyiruko rwo mu ishyaka PPRD rya Kabila ruheruka kwihuza n’ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC) ririmo M23 hari icyo rwari ruzi. 

Iri shyaka cyakora riheruka gutangaza ko ntaho rihuriye n’abahoze ari abarwanashyaka baryo baheruka kwinjira muri ririya huriro riyobowe na Corneille Nangaa wahoze ari Perezida wa Komisiyo y’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here