23.2 C
Africa
Saterdag, April 25, 2026
HomePolitikeBikwiye guhagarara vuba na bwangu: Abaturage 10 b'Abasivili muri Repubulika Iharanira Demokarasi...

Bikwiye guhagarara vuba na bwangu: Abaturage 10 b’Abasivili muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bahitanywe n’igitero gikomeye cyane bagabweho

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Igitero cy’abarwanyi b’umutwe wa Allied Democratic Forces (ADF) cyahitanye abasivili 10 ahitwa Mangodomu ni mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. 

Ibi byatangajwe na Emmanuel Kathembo Salamu, uyobora akarere ka Mangina kari muri teritwari ya Beni, aho yavuze ko icyo gitero abarwanyi ba ADF bakigabye ahitwa Mangodomu bashaka kwiba imiti n’ibiribwa.  

Emmanuel Kathembo Salamu yavuze ko abarwanyi ba ADF batwitse ikigo nderabuzama nyuma yo gusahura ibintu hafi ya byose byari biyirimo. 

Uyu muyobozi yemeza ko byakozwe n’umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda.  

Uyu mutwe ukaba ugizwe ahanini n’intagondwa za Kiyisilamu. Washinzwe mu 1995, ukaba waratangaje ko wabaye ishami rya Leta ya Kiyisilamu mu 2019. 

Kapiteni Antony Mwalushayi, uvugira ingabo z’igihugu muri ako gace, yanze kwemeza umubare w’abapfuye ashimangira gusa ko babashije guhashya uwo mutwe banarokora abana b’abakobwa bane bari batwawe bunyago. 

Nicaisse Kasereka, uyobora ihuriro ry’urubyiruko muri ako gace we yavuze ko ingabo za leta zageze ahabereye ubwo bwicanyi zitinze.  

Yagize ati: “Abasirikari bacu hano Mangina nta n’imodoka bagira kugira ngo bihutire gutabara abaturage.” 

Mu 2021 ingabo za Kongo n’iza Uganda batangije ubufatanye bwo kurwanya umutwe wa ADF, ariko ibyo ntibyawubujije gukomeza kugaba ibitero no kwica abaturage. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here