32.7 C
Africa
Vrydag, April 24, 2026
HomePolitikeAbasirikare ba FARDC bahishuye umubare wa bagenzi babo bahitanywe n’Ibisasu biremereye byatewe...

Abasirikare ba FARDC bahishuye umubare wa bagenzi babo bahitanywe n’Ibisasu biremereye byatewe i Sake no mu nkengero zayo.

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Amakuru aturuka ku mirongo y’imbere mu rugamba M23 ihanganyemo na FARDC n’abambari bayo, avuga ko Ibisasu biremereye byahitanye abantu benshi muri centre ya Sake, ho muri teritware ya Masisi, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. 

Ni ibisasu byatewe ahagana isaha z’igitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 04 Mata 2024, bigwa neza i Sake no mu bindi bice bitari kure n’uwo mujyi, nk’uko amakuru y’ibanze abivuga. 

Amakuru avuga ko igisasu cya mbere cyaguye mu nkambi irimo ingabo zaFARDC, iri ahitwa Kasengesi, hafi n’i Muganga, mu Burengerazuba bw’umujyi wa Goma. 

Ni igisasu cyasize gihitanye abasirikare batarabasha kumenyekana umubare. 

Hari amakuru atangwa n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo avuga ko icyo gisasu cyahitanye abasirikare babo babiri, kandi ko cyarashwe n’ingabo ziyobowe na Gen Sultan Makenga, n’ubwo ntacyo M23 irabivugaho. 

Ni mu gihe ikindi gisasu cyaguye i Mubambiro ahari ibirindiro by’ingabo z’umuryango w’Afrika y’Amajyepfo, SADC, kikaba cyishe umuntu umwe abandi bane barakomereka. 

Ibindi byarashwe mu nkambi irimo ingabo za Republika ya demokarasi ya Congo, n’abambari bazo babafasha kurwana aribo FDLR, Wazalendo ingabo z’u Burundi na SADC, iri ahitwa Mayutsa, haherereye mu majyepfo ya centre ya Sake. 

Byabaye mu gihe ku munsi w’ejo, urusaku rw’imbunda ziremereye rwumvikaniye ku murongo w’urugamba muri Kibirizi na Rwindi, mu majyaruguru ya teritware ya Rutsuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. 

Mu nkengero za Sake naho ku gicamunsi cy’ejo ku wa kane, humvikanye urusaku rw‘imbunda ariko rwamaze akanya katari kanini, nk’uko amakuru ava muri ibyo bice abivuga. 

Ni nyuma y’uko ku wa Gatatu, mu bice bya Kanyabayonga hari habereye urugamba rukaze hagati ya M23 n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Iyi mirwano ikaba ikomeza gusiga M23 ifashe ibindi bice ku buryo butigeze bubaho na mbere. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here