24.8 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomeAmakuruNaje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington...

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Date:

Related stories

spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo rw’amahoro rwabereye i Washington, D.C., rugamije kwamagana ubwicanyi n’ihohoterwa bavuga ko bikomeje gukorerwa bene wabo n’abandi bavuga Ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, batuye mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira demokarasi ya Congo.

Abitabiriye uru rugendo batangaje ko bamaze kurambirwa amakuba n’akarengane bavuga ko bikomeje kwibasira imiryango yabo. Bashinja Leta ya Congo n’ingabo zayo, FARDC, gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR, bavuga ko ifite amateka ajyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ndetse n’ingabo z’u Burundi.

Mu buhamya bwatanzwe n’umusaza w’imyaka 82 wari waturutse muri Leta ya Ohio, yavuze ko yakoze urugendo rurerure kugira ngo aze kwifatanya n’abandi mu kugaragaza akababaro batewe n’ibiri kubera iwabo.

Yagize ati: “Naje kubera umubabaro w’ibiri kubera iwacu, kugira ngo tugaragarize amahanga akarengane duhura nako. Dutotezwa tuzira uko twaremwe, nyamara turi Abanye-Congo kandi tumaze imyaka irenga 400 dutuye muri icyo gihugu.”

Yakomeje avuga ko bizeye ko ijwi rya Leta ya y’Amerika ryagira uruhare mu guhindura imyitwarire y’abayobozi ba Congo, cyane cyane ku kibazo cy’ubwicanyi bukomeje kwibasira abasivile, barimo abasaza n’abakecuru.

Yagize ati: “Birababaje kubona abasaza n’abakecuru bicwa urw’agashinyaguro. Hari n’abatemaguwe amaboko. Turasaba ko ibi byahagarara.”

Uyu musaza yanenze kandi uruhare rw’ibihugu bimwe na bimwe, birimo u Burundi, avuga ko byohereje ingabo mu Burasirazuba bwa Congo. Yanasabye ko Perezida Félix Tshisekedi yakurwa ku butegetsi, amushinja guteza umutekano muke mu gihugu.

Mu butumwa bwe kandi, yanenze bamwe mu Banyamulenge bakorana na Leta ya Kinshasa, abashinja guhemberwa guhakana ibibazo n’ihohoterwa bivugwa muri ako karere.

Ku ruhande rwe, Rev. Musinga Emmanuel yasabye Leta ya Amerika gukora iperereza ryigenga kandi ryihuse ku bibera mu Burasirazuba bwa Congo. Yavuze ko hari itandukaniro rikomeye hagati y’ibivugwa na Leta ya Kinshasa n’ibiri kubera ku butaka.

Yagize ati: “Ibitero bya drone birimo kugabwa ku basivile n’amatungo nta kurobanura. Birakwiye ko hakorwa iperereza ryimbitse.”

Raporo ya Human Rights Watch yasohotse ku wa 14 Mata 2026, igaragaza ko hari ibihumbi by’ingabo z’u Burundi ziri mu misozi ya Minembwe, ndetse ikanavuga ko ibitero bya drone byakajije ikibazo cy’ubutabazi ku baturage.

Uru rugendo rw’amahoro rwitabiriwe n’abantu barenga 4,000 muri United States, ndetse rwanabereye no mu bindi bihugu birimo Kenya, aho rwitabiriwe n’abagera ku 3,000.

Abigaragambyaga bari bitwaje ibyapa byanditseho ubutumwa busaba amahoro no guhagarika ubwicanyi, harimo amagambo agira ati: “Nimuhagarike ubwicanyi bukorerwa Abatutsi muri Congo” na “Turashaka amahoro, turashaka kubaho.”

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here