23.2 C
Africa
Saterdag, April 25, 2026
HomePolitikeRDC: Polisi igiye gutangiza Operasiyo karahabutaka yo gushaka abo igerekaho ibyaha ndengakamere...

RDC: Polisi igiye gutangiza Operasiyo karahabutaka yo gushaka abo igerekaho ibyaha ndengakamere bikorwa na FARDC na Wazalendo

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

I Kinshasa mu murwa mukuru wa wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hagiye gutangizwa Operasiyo karahabutaka yiswe ’Panther Noir’ yo kwikiza abajura na bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi. 

Iyi Opererasiyo ntabwo izagarukira i Kinshasa gusa, ahubwo ko izakomereza mu ntara mu guhiga bukware abayogoje imijyi itandukanye nkoko byatangajwe n’igipolisi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. 

Komiseri mukuru w’igipolisi gikorera i Kinshasa, yavuze ko kugeza ubu ubwicanyi bwamaze gufata indi ntera ndetse ko abaturage bahahamutse. 

Polisi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu kwikura mu isoni zo kunanirwa gucunga umutekano w’abaturage, yatunze agatoki abatavuga rumwe n’ubutegetsi ko aribo bakunda kwitwikira amajoro bagakora ibyo bikorwa. 

Umujyi wa Goma, uri mu bice bisumbirijwe n’ubwicanyi ariko ahanini abaturage bagashinja insoresore za Wazalendo ko arizo nyirabayazana w’umutekano mucye urangwa mu ntara ya Kivu ya Ruguru, ibifashijwemo na FARDC kuko babikora aba basirikare b’igihugu babarebera ndetse bakanabafasha. 

Ubu bwicanyi ni kimwe mu bituma bamwe mu baturage bakurwa mu byabo abandi bagahunga ndetse abenshi bakagana mu duce dufitwe na M23 kuko ngo ariho basanga ubuzima bwabo butekanye. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here