24 C
Africa
Donderdag, April 23, 2026
HomeImyidagaduroAmakuru mashya y’ibyaraye bibaye ku banyarwenya Dr Nsabi na Bijiyobija nyuma yo...

Amakuru mashya y’ibyaraye bibaye ku banyarwenya Dr Nsabi na Bijiyobija nyuma yo guhura n’ibyago bikomeye cyane bagiye i Kigali bigatera ubwoba benshi

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Abakinnyi ba filime nyarwanda ndetse n’urwenya, Nsabimana Eric wamamaye nka Dogiteri Nsabi (Dr Nsabi) na Imanizabayo Prosper wamamaye nk Bijiyobija, byamenyekanye ko baraye mu bitaro bya Nemba mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 21 Mata 2024, nyuma yo gukora impanuka ubwo bavaga i Musanze berekeza i Kigali. 

Kigali Today dukesha iyi nkuru yatangaje ko iyi mpanuka yabereye mu muhanda Musanze-Kigali, aho bageze ahitwa Kivuruga mu Karere ka Gakenke, imodoka yabo barimo iragwa bahita babihutana mu bitaro, ariko ngo ntabwo bakomeretse cyane nk’uko bamwe mu babonye iyo mpanuka babitangaje. 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kivuruga, Kabera Jean Paul, yahamirije Kigali Today aya makuru, agira ati “Yego bakoze impanuka mu ma saa mbili z’umugoroba, nanjye nibwo mbimenye. Ngo bahise babatwara mu bitaro bya Nemba, i Nemba bambwiye ko borohewe bagiye gutaha.” 

Icyakora ku munsi w’ejo ku wa Mbere, ni bwo byamenyekanye ko bagiye muri ibyo bitaro, ariko ntabwo bakomeretse cyane nk’uko Dogiteri Nsabi yemereje aya makuru ku murongo wa Telefone.  

Ati “Twavaga i Musanze twerekeza i Kigali dukora impanuka, twakomeretse ariko bidakabije. Twaraye mu bitaro bya Nemba ariko ubu turatashye, ni amahoro.” 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here