23.2 C
Africa
Donderdag, April 23, 2026
HomeImikinoRutahizamu Mohamed Salah yakozanije na Jurgen Klopp birangira Liverpool iguye miswi na...

Rutahizamu Mohamed Salah yakozanije na Jurgen Klopp birangira Liverpool iguye miswi na West Ham

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umutoza wa Liverpool Jurgen Klopp na Rutahizamu Mohamed Salah bateranye amagambo kuburyo bukomeye, mu mukino iyi kipe yakiriyemo West Ham muri Premier League bikarangira baguye miswi y’ibitego 2-2.

Uyu munyamisiri byabaye ngombwa ko afatwa na bagenzi be bakinana ubwo yari ahagaze ku murongo ngo yinjire mu kibuga ku munota wa 81 akabanza gutukana na Klopp.

Uyu munyabigwi wa The Reds yabanje ku ntebe y’abasimbura muri uyu mukino, ibintu byatunguye benshi.

Umutoza Klopp yahisemo kwinjiza mu kibuga uyu mukinnyi wakiniye Chelsea na Roma nyuma y’aho ku munota wa 78 Michail Antonio yari yishyuye igitego cya kabiri bari batsinzwe na Liverpool.

Ubwo uyu mudage yasangaga Salah ngo amuhe amabwiriza mbere yo kwinjira mu kibuga,uyu munya Misiri utari wishimiye kubanza hanze yamutuye umujinya amubwira amagambo menshi anakora ibimenyetso byerekana ko atishimye.

Uyu mutoza yabaye nk’uhunga ariko uyu mukinnyi ashaka kumukurikira aribwo abakinnyi bari bahagararanye nabo bari bagiye gusimbura

Salah yasaga nkaho yirengagije ibyo Klopp yavuze, atera amaboko igihe gaffer ye yatangiraga. Mo Salah asabwe kuganiriza abanyamakuru nyuma y’umukino,yavuze ati:” Mvuze uyu munsi…hakwaka umuriro. ”

Klopp we yabwiye abanyamakuru ati: “Twaganiriye kuri biriya mu rwambariro n’abasore,byarangiye.

Abajijwe niba Salah nawe yemeye ko ikibazo cyakemutse,yagize ati ’yego,niko mbyumva.”Liverpool isa naho yavuye ku gikombe burundu kuko Arsenal ya mbere itsinze yayirusha amanota 5 hasigaye imikino itatu.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here