24.2 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeUmugaba Mukuru w’Ingabo za Ukraine yashyize yemera ko Ingabo ze zimerewe nabi...

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ukraine yashyize yemera ko Ingabo ze zimerewe nabi ku mirongo y’imbere ku rugamba

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ukraine, Gen Oleksandr Syrskyi, yashyize yemera ko Ingabo ze zimerewe nabi ku mirongo y’imbere ku rugamba, aho zikomeje gukubitwa inshuro n’Abarusiya bari kwigarurira ibice byinshi, ku buryo amahirwe yonyine zisigaranye ari ugusubira inyuma. 

Uyu mugabo wafashe izi nshingano muri Gashyantare, yavuze ko Abarusiya bari gukoresha imbaraga nyinshi muri iyi ntambara kandi bari kugera ’ku ntsinzi ifatika’ ishobora gutuma barushaho kwigarurira imijyi nka Kharkiv bari barambuwe mu bihe byashize. 

Imbaraga z’Abarusiya zarushijeho gukaza umurego nyuma yo kwigarurira agace ka Avdiivka kari karimo ibikoresho by’ubwirinzi bw’ingabo za Ukraine. 

Kuri ubu imirwano ikomeye iri kubera mu Mujyi wa Chasiv Yar urimo Ingabo nyinshi za Ukraine, ukanakoreshwa mu kurinda indi mijyi minini ndetse n’inzira igana Kharkiv. 

Byitezwe ko u Burusiya niburamuka bwigaruriye aka gace, ibintu bizarushaho kujya habi ku ruhande rwa Ukraine. 

Perezida Joe Biden aherutse gusinya umushinga w’itegeko ryemera inkunga ya miliyari 95$ arimo azoherezwa muri Ukraine, Israel na Taiwan. 

Amerika kandi yamaze kohereza missile zirasa kure, zishobora no kugeza mu bilometero 300, mu gihe ubwirinzi bwa Patriot nabwo bugiye koherezwa mu minsi mike iri imbere. 

Ibi byose biri gukorwa nyuma y’uko hari amakuru avuga ko u Burusiya buri gutegura igitero simusiga gishobora kuzaba muri mezi make ari imbere, kigamije kwigarurira ibindi bice byinshi bya Ukraine, ari nabwo bwoba Amerika ifite muri rusange. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here