25.7 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroUmuhanzi Tonalite yavuze ukuri nyuma y’igihe bivugwa ko yafashwe n’uburwayi bwo mu...

Umuhanzi Tonalite yavuze ukuri nyuma y’igihe bivugwa ko yafashwe n’uburwayi bwo mu mutwe kubera ukuntu asigaye yogoshwa ndetse n’imyambarire ye.

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Tonalite umwe mu basore bamaze gushingA imizi mu muziki Nyarwandari, umaze iminsi agaragara mu mu mashusho yambaye ubusa hejuru yaranogoshe igipara, bamwe bavuga ko yahuye n’ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe, amakuru yamenyekanye ni uko aya mashusho yakwirakwiye ari uduce turi muri Filimi yiswe ‘Inkuru’ iri gukinwa n’uyu muhanzi. 

Ibi byamenyekanye nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hari hakomeje gucicikanye amashusho y’uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo nka ‘Hatari Sana’ n’indi yitwa ‘Ibisazi’ agaragara yambaye ubusa hejuru yarogoshe umusatsi akamaraho, agendagenda mu mihanda, bamwe bakavuga ko yagize uburwayi bwo mu mutwe. 

Agace ka mbere k’iyi filimi yiswe ‘Inkuru’, kari no kuri YouTube Channel y’uyu muhanzi ‘Muzungu Tonalite’, gatangira agaragara yicaye ku ibaraza ry’inzu yambaye ubusa hejuru n’ikabutura yacitse, ari guhekenya igisheke ndetse hari n’abandi bantu bahise bagasakaza ahantu hose ku mbuga zitandukanye bibaza ibyabaye kuri uyu musore icyakore bose bahurizaga ku kuba yarafashwe n’uburwayi bwo mu mutwe. 

Tonalite avuga ko amashusho yamugaragaje atembera mu mihanda bamwe bagakeka ko yahuye n’ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe, bwari uburyo bwo kwamamaza filimi ye kandi ngo bishobora kuzakunda cyane kuko aya mashusho yageze ku bantu benshi.  

Ati “Kugira ngo ikintu gikunde, ugomba gushaka uburyo ugomba kubanza kujagaraza abantu.” 

Uyu musore usanzwe uzwi mu muziki avuga ko icyatumye atangirira kuri filimi ikoze muri ubu buryo, ari ukugira ngo abone uko ahita yamamara muri uyu mwuga wo gukina filimi, dore ko yawinjiyemo agamije kuwushakiramo amaramuko, kuko yabonye urimo ifaranga kurusha ubuhanzi bwa muzika bwatumye amenyekana. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here