24.2 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeUmuryango w’Abibumbye watanze impuruza ku makuba ashobora kwibasira Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira...

Umuryango w’Abibumbye watanze impuruza ku makuba ashobora kwibasira Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umuryango w’Abibumbye binyuze mu Ishami ryawo ryita ku biribwa PAM, watanze impuruza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku ruhande rw’Uburasirazuba rushobora guhura n’amakuba nyuma yo kwibasirwa n’ibiza. 

Uyu muryango wavuze ko ari ibiza byaturutse ku mvura yateye imyuzure yagize ingaruka zikomeye cyane ku bantu babarirwa mu 500.000. 

Yagize iti“Imvura ikabije yaguye mu buryo budasanzwe, mu bihe byayo bisanzwe, yakajijwe n’ihindagurika ry’ibihe, yatumye amazi y’inzuzi n’ibiyaga arenga inkombe, imijyi irarengerwa, imidugudu ndetse n’imihanda, aho yagiye anyura hose”. 

Mu Ntara ya Kivu y’Epfo n’iya Tanganyika niho habaye ingaruka nyinshi zaturutse ku biza , nk’uko byagarutsweho na PAM muri iki cyumweru.. 

PAM yavuze ko aho byakabije ari mu ntara za Haut-Lomani na Tanganyika, zegereye ikiyaga cya Tanganyika, kimwe no mu Burundi, Tanzaniya na Zambiya. 

Ibyo biza byatumye abantu bataye ingo zabo, imirima n’amatungo”. Ikomeza igereranya ko abantu 471.000 bahuye n’ingaruka z’iyo myuzure, kimwe na hegitari 451.000 z’ubutaka zarengewe n’amazi. Aha harimo hegitari 21.000 zari zihinzeho imyaka. 

Mu turere twabayemo imyuzure, abantu bakeneye ibiribwa, amacumbi, amazi meza yo kunywa ibyangombwa by’isuku hamwe n’inkunga yo gutuma bongera gutangira ubuzima. 

PAM ivuga ko amikoro yayo, ari make mu bijyanye n’amafaranga ndetse n’ibiribwa ku buryo ngo hari impungenge ku mikorere ya serivise z’ubuzima, mu gihe ibice byabayemo imyuzure bya Kongo byakwibasirwa n’indwara. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here