24.2 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomePolitikeAbasirikare ba SADC bateguje kugaba ibitero kuri M23

Abasirikare ba SADC bateguje kugaba ibitero kuri M23

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umuryango w’ibihugu bya Africa y’Amajyepfo, ufite ingabo ziri mu Burasirazuba bwa Congo, wateguje kugaba ibitero ku nyeshyamba za M23 ushinja kwica abasivile.

Itangazo SADC yasohoye ivuga ko yamagana igitero “cyagabwe na M23 ku baturage bahunze intambara mu burasirazuba bwa Congo”.

Amabombe yaguye ku nkambi ya Mugunga ku wa Gatanu yahitanye abaturage b’abasivile 16 hakomereka abandi 30 nk’uko SADC ibivuga.

SADC ivuga ko yamagana icyo gitero cyakozwe ku nkambi ya Mugunga, ikavuga ko cyagize ingaruka ku baturage biganjemo abagore n’abana.

Uyu muryango uvuga ko kurasa ku basivile ari ikwica amategeko mpuzamahanga igenga kiramwa muntu, n’amahame yayo.

Itangazo rivuga ko ingabo za SADC ziri mu mutumwa bwiswe SAMIDRC zifatanyije n’iza Congo, FARDC zizagaba ibitero bigamije gusenya M23, no gutuma amahoro n’umutekano biboneka, hakabaho uburyo bwo kurinda abasivile n’ibyabo ngo batongera kugabwaho ibitero.

Ibyo bitero ngo bizafasha gufungura imihanda no kurinda abaturage bavuye mu byabo kubera intambara.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here