37.4 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomeAndi makuruRIP Faith! Umunyeshuri wiga muri Kaminuza yishwe nyuma yo gusaba ababyeyi be...

RIP Faith! Umunyeshuri wiga muri Kaminuza yishwe nyuma yo gusaba ababyeyi be amafaranga ibihumbi 260 Frw kugirango arekurwe

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Umunyeshuri w’umukobwa wigaga muri Kaminuza ya MKU (Mount Kenya University) yo mu gihugu cya Kenya, yasanzwe yapfiriye mu nzu yakodeshaga, nyuma y’amasaha make, hari umusore usabye ababyeyi be kohereza Ibihumbi 27 by’Amashilingi ya Kenya (asaga ibihumbi magana abiri na mirongo itandatu by’Amanyarwanda ‘260.000Frw’) kugira ngo amurekure. 

Ikinyamakuru cyitwa TUKO cyandikirwa muri icyo gihugu cyanditse ko uyu mukobwa witwa Faith Musembi wari ufite imyaka 19 y’amavuko, yasanzwe mu cyumba cy’inzu yakodeshaga ahitwa la Pilot Estate mu Mujyi wa Thika, nyuma y’uko abakekwaho kuba ari bo bamwishe, babanje gusaba umuryango we kohereza ibihumbi 27 by’Amashilingi nk’ingurane kugira ngo bamureke, ariko birangira bamwishe. 

Amakuru avuga ko uwo murambo wa Faith wabonetse bigaragara ko yabanje kuva amaraso mu mazuru no mu kanwa, ndetse yirumye ururimi.  

Mu gihe umubyeyi wa nyakwigendera (Ise) witwa Boniface Musembi yavuze ko abo basabaga amafaranga, bakoresheje telefoni y’umukobwa we, ariko ngo batinda bagasanga yiciwe mu nzu yabagamo. 

Mama wa Faith yavuze ko yarimo ashaka uko yakohereza amafaranga, ariko banamenyesha Polisi yo kuri Sitasiyo ya Thika, ariko Polisi ntiyita kuri ayo makuru ngo iyahe agaciro, ahubwo ivuga ko aba basaba amafaranga barimo kubakinisha.  

Papa w’uyu mukobwa yavuze ko yagiye mu nzu umukobwa we yabagamo, asanga hariho ingufuri ku muryango. Icyo gihe ngo bahise bica ingufuri binjira basanga umurambo wa nyakigendera. 

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bikuru bya Kago, nyuma ukorerwa isuzuma, ibisubizo bigaragaza ko yapfuye nyuma yo gutakaza amaraso menshi, nyuma yo guturika kwa nyababyeyi (Placenta), nyuma iromoka ku mubiri bituma ava amaraso menshi cyane. 

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here