37.1 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomePolitikeNyuma yo kubabazwa na M23 kuri ubu FARDC yashumbushijwe izindi Drone z’intambara

Nyuma yo kubabazwa na M23 kuri ubu FARDC yashumbushijwe izindi Drone z’intambara

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

Amakuru aturuka muri RDC aravuga ko kuri ubu igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyakiriye drones nshya zo mu bwoko bwa CH-4 zisimbura izo cyari cyaraguze mu mwaka ushize ariko M23 izisanga mukirere izegereza ubutaka.

Drones eshatu ni zo FARDC yakiriye, ndetse mu mezi make ari imbere izakira izindi nka zo, nk’uko Africa Intelligence ibivuga.

Biteganyijwe ko mu minsi mike iri imbere izi ndege zitagira abaderevu zigomba koherezwa mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ahakomeje kubera intambara hagati y’Ihuriro ry’Ingabo za Guverinoma ya RDC n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.

Si ubwa mbere izi drones zikorerwa mu Bushinwa zikoreshwa muri iriya ntambara imaze imyaka hafi ibiri n’igice isakiranya impande zombi.

Mu mpera z’umwaka ushize FARDC yakiriye drones eshatu za CH-4, izifashisha mu gihe cy’amezi atatu mbere y’uko ziva mu nzira. M23 yemeje ko yahanuye ebyiri muri zo, mu gihe iya gatatu yakoreye impanuka ku kibuga cy’indege cya Kavumu giherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Amakuru avuga ko usibye izi drones, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo inakomeje ibiganiro na kimwe mu bigo byo muri Afurika y’Epfo yifuza ko cyayigurisha izindi drones z’intambara ndetse n’imodoka z’ibifaru.

Ni ’deal’ amakuru avuga ko Kinshasa yifuza gushoramo abarirwa muri $ miliyoni 500 (Frw miliyari 649).

Drone yahanuwe mu mirwano yahuje M23 na
FARDC&Wazalendo
Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here