26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeIyobokamanaPapa Léon XIV asabye u Burusiya na Ukraine guhitamo inzira y’ibiganiro aho...

Papa Léon XIV asabye u Burusiya na Ukraine guhitamo inzira y’ibiganiro aho gukomeza intambara

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Léon XIV, yasabye u Burusiya na Ukraine kongera gushyira imbaraga mu biganiro bigamije guhagarika intambara imaze igihe ihanganishije impande zombi, igahitana ubuzima bw’abantu benshi ikanateza umutekano muke mu karere no ku Isi muri rusange.

Ubu butumwa Papa Léon XIV yabutanze mu misa yasomeye abakirisitu bari bateraniye ku mbuga ya Bazilika ya Mutagatifu Petero i Vatican, ari na yo misa ya mbere yayoboye kuri Noheli kuva yatangira inshingano zo kuyobora Kiliziya Gatolika.

Papa Léon XIV yagarutse ku kibazo cy’intambara hirya no hino ku Isi, asaba ko zihagarara, by’umwihariko agaragaza ko intambara yo muri Ukraine ikwiye gushyirwaho iherezo mu buryo bwihuse. Yagize ati: “Ni ngombwa ko impande zombi, zifashijwe n’ubushake bwazo ndetse n’umuryango mpuzamahanga, zishaka imbaraga zatuma zinjira mu biganiro bitaziguye, birangwa n’ubwubahane kandi bigamije amahoro arambye.”

Yakomeje ashimangira ko ibiganiro ari byo nzira irambye ishobora kugarura amahoro n’ituze, aho gukomeza inzira y’intambara igira ingaruka zikomeye ku baturage b’inzirakarengane.

N’ubwo hari imbaraga zimaze igihe zikorwa n’ibihugu birimo Amerika, bigamije guhuriza u Burusiya na Ukraine ku meza y’ibiganiro, kugeza ubu nta ntambwe ifatika iragerwaho yatuma impande zombi zitangira ibiganiro bitaziguye.

Ubutumwa bwa Papa Léon XIV bwakiriwe nk’igisubizo cy’icyizere ku bashyigikiye amahoro, bugaragaza ko Kiliziya Gatolika ikomeje guharanira ko amahoro aba inkingi ya mwamba mu gukemura amakimbirane akomeje guhungabanya Isi.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here