29.8 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomeUrukundoImyaka 40 baratandukanye, umwana batari bazi arabahuza_Inkuru y'urukundo irimo isomo rikomeye 

Imyaka 40 baratandukanye, umwana batari bazi arabahuza_Inkuru y’urukundo irimo isomo rikomeye 

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Mu 1967, Kevin Carroll na Debbie Webber bari ingimbi biga mu mashuri atandukanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Bahujwe n’urukundo rw’ikinamico, bombi bakina mu matsinda y’ikinamico y’ishuri. Urukundo rwabo rwahise rutangira gukura, banatekereza ejo hazaza hamwe nubwo bari bakiri bato.

Ariko ibyishimo byabo byahungabanye ubwo Debbie yamenyaga ko atwite. Ababyeyi be bamushyigikiye, ariko hafashwe icyemezo cyo kumujyana mu kigo cyakira abagore batwite bonyine. Kevin, wari ufite imyaka 17, yagiye mu gisirikare kugira ngo ategure ejo hazaza, ariko Debbie yafashe icyemezo cyo gutanga umwana ku muryango wari witeguye kumurera.

Imyaka yarashize, buri wese yubaka ubuzima bwe. Kevin yoherejwe mu ntambara ya Vietnam, agira ibikomere byinshi, Debbie we yimukiye ahandi atangira ubuzima bushya n’abandi bana. Nta n’umwe wari uzi amakuru y’umwana wabo.

Amaherezo, Debbie yabwiye abakobwa be ukuri ku mwana yabyaye akiri muto. Umwe muri bo yaramushatse, abona Val, umukobwa wabo. Guhura kwa Debbie na Val byabaye intambwe ikomeye yo gukira ibikomere by’imyaka myinshi. Val yakiriye nyina nta rwango, amushimira icyemezo yafashe icyo gihe.

Hagati aho, Kevin na Debbie bahuye bwa mbere nyuma y’imyaka irenga 40, bahujwe na Val, banemera gusubirana no kongera kwubaka urukundo rwabo.

Ubu, bageze mu myaka ya 70, bashyingiwe, bishimira amahirwe yo kongera kubana, bakita ku rukundo rwabo no ku muryango wabo. Inkuru yabo ni isomo rikomeye ryo kumenya ko urukundo rushobora gutinda, ariko ntirupfe.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here