26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroNyuma yo guca iminyururu, Bebe Cool agiye kuyimenagura burundu

Nyuma yo guca iminyururu, Bebe Cool agiye kuyimenagura burundu

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda akaba n’umuyobozi wa Gagamel Crew, Bebe Cool, yatangaje ko ari gutegura album nshya yise ‘Broken Chains’, izakurikirana ‘Break The Chains’ yasohotse muri Gicurasi umwaka ushize igakundwa n’abatari bake.

Yabitangaje mu muhango wo kumurika urutonde rwe “Bebe Cool List 2025”, aho yasobanuye ko album Break The Chains atayikoze agamije gushaka indirimbo zihita ziba hits ku isoko, ahubwo yari agamije gukora umuziki ufite ireme rihanitse kandi wuzuye.

Bebe Cool yavuze ko intego ye yari ugushyira hanze album ishobora guhangana n’iy’abahanzi bakomeye ku mugabane wa Afurika nka Wizkid, Burna Boy n’abandi, kandi ko yumva yarabigezeho.

Uyu muhanzi agaragaza ko Break The Chains yari intangiriro y’urugendo rurerure rw’ihinduka mu muziki we, aho album nshya ‘Broken Chains’ izaba ikomeje uwo murongo, ikubakira ku shingiro ry’ubutumwa n’imitekerereze byari byatangiye.

Yemeje ko iyi album nshya izaza ikomeye kurushaho, igaragaza indi ntera agezeho mu mwuga we w’umuziki, anashimangira ko afite intego yo gusiga izina rikomeye ku rwego rwa Afurika no ku Isi muri rusange.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here