26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduro“Mureke kwifata, muze mu bitaramo” — Bruce Melodie asaba abayobozi kongera kwegera...

“Mureke kwifata, muze mu bitaramo” — Bruce Melodie asaba abayobozi kongera kwegera umuziki nyarwanda

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Umuhanzi Bruce Melodie yashimye abayobozi bo mu Rwanda ku ruhare bagira mu guteza imbere umuziki n’abahanzi, ariko abasaba ko barushaho kubishyira mu bikorwa, bakitabira n’ibitaramo by’abahanzi.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro Versus cya Televiziyo y’u Rwanda, ubwo yagarukaga ku ishusho y’uko abona umuziki nyarwanda muri iki gihe n’uruhare abayobozi bawugiramo.

Yagize ati:“Abayobozi mbaye mbashimiye aho bigeze, ariko turashaka kubabona mu bitaramo byacu. Turashaka kubabona mu myidagaduro, kandi ni ukuri, mureke kwifata, biraryoshye, ni byiza.”

Yakomeje ashimira Abanyarwanda ku bwo gukunda umuziki wabo, abasaba gukomeza kuwushyigikira aho bari hose. Yagize ati:“Abanyarwanda ndabashimira ikintu kimwe, ko musigaye mukunda umuziki wacu. N’ahandi muzajya mukomeze mushyigikire umuziki nyarwanda. Ni mwe bacu, natwe ni mwe banyu.”

Bruce Melodie yavuze ibi mu gihe bigaragara ko abayobozi benshi mu Rwanda badakunze kugaragara mu bikorwa by’imyidagaduro, cyane cyane mu bitaramo by’abahanzi, uretse Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, ukunze kugaragara mu bikorwa bitandukanye by’imyidagaduro.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here