25.7 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroCindy Sanyu mu ntambwe nshya ikomeye, agiye guhagararira Uganda mu biganiro bya...

Cindy Sanyu mu ntambwe nshya ikomeye, agiye guhagararira Uganda mu biganiro bya Loni

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Umuhanzikazi w’icyamamare muri Uganda, Cindy Sanyu, yatoranyijwe kugira ngo ahagararire igihugu cye mu Sustainable Future Forum, inama izabera ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye (UN Conference Centre) i Bangkok muri Thailand, ku wa 19 Werurwe 2026.

Aya makuru yemejwe binyuze ku ifoto y’ishimwe yashyizwe hanze, igaragaza ko Cindy azitabira iyo nama binyuze muri Project 100 (UNP100), umushinga mpuzamahanga ugamije guteza imbere amahoro, iterambere rirambye n’ibitekerezo by’urubyiruko.

Akimara kumenya ayo makuru, Cindy Sanyu yasangije iyo foto ku mbuga nkoranyambaga ze, agaragaza ibyishimo n’ishimwe kuri ayo mahirwe.

Yagize ati: “Ni intangiriro nziza z’umwaka mushya hano muri Starmaker Ent. Ni ishema rikomeye.”

Iyi nama izitabirwa n’abantu baturutse hirya no hino ku isi barimo abayobozi, abahanzi, abahanga n’abandi bafite uruhare mu biganiro ku iterambere rirambye, amahoro n’imiyoborere ishingiye ku hazaza.

Sustainable Future Forum igamije guhuza abafite ibitekerezo n’ubushobozi mu nzego zitandukanye, bagafatanya gushaka ibisubizo ku bibazo bikomeye byugarije isi birimo iterambere rirambye n’amahoro.

Project 100 (UNP100 World) ni umushinga ujyanye n’intego z’Umuryango w’Abibumbye, ugamije guteza imbere impinduka nziza binyuze mu biganiro n’ubufatanye.

Kwitabira kwa Cindy Sanyu muri iyi nama ni indi ntambwe igaragaza uko abahanzi bo muri Uganda bagenda bagira uruhare mu biganiro mpuzamahanga bigira ingaruka ku mibereho n’iterambere ry’isi.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here