27.7 C
Africa
Donderdag, Januarie 15, 2026
HomeImyidagaduroBruce Melodie ku isonga mu bahanzi Minisitiri Nduhungirehe yumvise cyane mu 2025

Bruce Melodie ku isonga mu bahanzi Minisitiri Nduhungirehe yumvise cyane mu 2025

Date:

Related stories

Nyuma y’imyaka 7, umutima wanjye uracyazi aho ukwiriye kuba – Adekunle Gold ataka Simi

  Abahanzi b’Abanyanigeria Simi na Adekunle Gold bamaze imyaka irindwi...

Desola Afod yikomye abamushinja gusuzugura umugabo we, avuga ko atazisobanura ku magambo y’abantu

  Desola Afod, umugore w’umukinnyi wa filime muri Nollywood Kunle...

Impamvu umugore ufite indangagaciro zo hejuru abaho mu mahoro n’icyizere

  Abahanga mu mitekerereze n’imibanire y’abantu bemeza ko buri wese...

Eddy Kenzo yafashe icyemezo cyo gusubira ku ishuri, ahamya ko kwiga bitagira iherezo

  Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Eddy Kenzo, yatangaje ko yafashe icyemezo gikomeye...
spot_imgspot_img

 

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yashyize ahagaragara urutonde rw’abahanzi n’indirimbo yumvise kandi akunda cyane mu mwaka wa 2025, abinyujije ku rubuga rwa Spotify.

Nk’uko bisanzwe, Spotify buri mwaka itanga ishusho rusange y’ibyo abayikoresha bumvise cyane, igaragaza abahanzi n’indirimbo bakunze kurusha izindi. Ku ruhande rwa Minisitiri Nduhungirehe, uyu mwaka waranzwe n’umuziki wa Bruce Melodie uri ku mwanya wa mbere mu bahanzi yumvise cyane.

Uretse Bruce Melodie, uru rutonde rugaragaraho n’abandi bahanzi bakomeye barimo Spice Diana wo muri Uganda, Aya Nakamura, Lydia Jazmine ndetse n’icyamamare mu muziki mpuzamahanga Bruce Springsteen.

Mu ndirimbo zanyuze cyane Minisitiri Nduhungirehe, “Rosa” ya Bruce Melodie iza ku mwanya wa gatatu mu zo yakunze kurusha izindi, bikomeza kugaragaza uko uyu muhanzi w’Umunyarwanda akomeje kwigarurira imitima y’abatari bake, harimo n’abayobozi bakuru b’igihugu.

Ibi bije byiyongera ku mubano mwiza Minisitiri Nduhungirehe agaragaza afitanye n’umuziki nyarwanda, by’umwihariko Bruce Melodie, kuko ku wa 21 Ukuboza 2024 yitabiriye igitaramo cyo kumva album ye yise “Colorful Generation” cyabereye muri Kigali Universe, aho yanahise ayigura kuri miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda.

N’ubwo Bruce Melodie ari we uri ku isonga uyu mwaka, Minisitiri Nduhungirehe mu bahanzi akunze kumva ntihaburamo Spice Diana wo muri Uganda, kuko no mu mwaka ushize ari we muhanzi yagaragaje ko yumvise cyane.

 

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here