Umuhanzikazi w’Umunya-Uganda Karole Kasita yatangaje ko abahanzi benshi bageze aho bumva baratengushywe ndetse bakaba bari mu gahinda gakomeye, bitewe n’itinda rikabije ryo gushyira mu bikorwa itegeko rya copyright ryavuguruwe, rimaze igihe ryitezweho gukemura ibibazo byabo.
Kasita yavuze ko ikibazo cya copyright kitari gishya, ashimangira ko n’abahanzi bamubanjirije bagiye bagiharanira ariko bakarangira badafite igisubizo gifatika. Yagaragaje ko iyo haba hari ubushake busesuye bwa Leta, iri tegeko ryari kuba ryarashyizwe mu bikorwa kera.
Ati: “Numva tumaze igihe kinini turi muri ibi. Si twe ba mbere dusabye ivugururwa rya copyright. Iyo haba hari ubushake buhagije, ubu riba ryaramaze gushyirwa mu bikorwa.”
Yongeyeho ko icyizere cy’abahanzi cyagiye kigabanuka uko imyaka ishira, bitewe n’uko nta cyerekana ko iri tegeko rigiye gushyirwa mu bikorwa. Avuga ko mbere abahanzi bari bafite ijambo rikomeye ku bayobozi, ariko ubu iryo jambo ryatakaye.
Ati: “Hari igihe twari dufite agaciro nk’abahanzi, tukasaba ibyo dushaka tukabihabwa. Ubu numva icyo gihe cyarashize. N’iyo dusabye, ntidushobora kubihabwa. Numva baradukoresheje, baradukandamiza.”
Karole Kasita yavuze ko icyizere asigaranye acyerekeje ku buyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Abahanzi mu Uganda (Uganda National Musicians Federation – UNMF), avuga ko abayobozi baryo bari kwigomwa inyungu zabo bwite bagaharanira iterambere rusange ry’inganda ry’umuziki.
Ati: “Kuri njye, icyizere cyo kubona copyright kiri mu bayobozi baduhagarariye. Turabona bitanga, bakigomwa imishinga yabo ku bw’inyungu rusange. Numva Eddy Kenzo ari kwitanga ku bw’iyi nganda.”
Ibi abitangaje mu gihe abahanzi benshi bo muri Uganda bakomeje gusaba ko itegeko rya copyright ryashyirwa mu bikorwa vuba, kugira ngo ribarinde uburenganzira bwabo kandi ribafashe kubona inyungu zikwiye ku bihangano byabo.



