Umuhanzikazi akaba n’umukinnyi wa filime, Hellen Lukoma, yatangaje ko yifuza gukorana n’abahanzi bo mu generation nshya mu mishinga mishya y’umuziki.
Ibi yabitangaje mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Hellen Lukoma yavuze ko ashimishwa cyane n’impinduka n’ubuhanga abahanzi bashya bazanye mu muziki, agaragaza ko bafite imbaraga n’umwihariko utuma umuziki urushaho gukundwa n’abatandukanye.
Yavuze by’umwihariko ko yifuza gukorana n’umuhanzi Kapeke, amushimira umwimerere w’umuziki we n’uko yitwara mu myambarire, bikaba bituma akundwa n’abantu b’ingeri zitandukanye.
Ati: “Nifuza cyane gukorana n’abahanzi bo mu generation nshya. Barimo gukora neza kandi batanga umuziki mwiza. Mu by’ukuri, nifuza cyane gukorana na Kapeke, tukavanga umwimerere wacu. Niba hari umwegereye wabyumva, namumenyesha ko ndi kumushaka kugira ngo dukore umushinga w’umuziki muri uyu mwaka.”
Ku ruhande rw’abahanzi b’abakobwa, Hellen Lukoma yavuze ko yifuza no gukorana n’itsinda Kataleya & Kandle, agaragaza ko umushinga bahuriyemo waba ari intambwe ikomeye kandi ishimishije.
Yagize ati: “Mu bakobwa, nanone nifuzaga gukorana na Kataleya & Kandle.”
Uyu muhanzikazi kandi yagaragaje ko ashimira imirimo y’abandi bahanzi barimo Dax Vibez, Elijah Kitaka na Joshua Baraka, nubwo atigeze agaragaza niba hari imishinga ihamye ateganya gukorana na bo muri iki gihe.



