29.8 C
Africa
Dinsdag, April 21, 2026
HomeImyidagaduroHellen Lukoma arifuza gukorana n’abahanzi bashya, ashimira impinduka n’ubuhanga bazanye mu muziki

Hellen Lukoma arifuza gukorana n’abahanzi bashya, ashimira impinduka n’ubuhanga bazanye mu muziki

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Umuhanzikazi akaba n’umukinnyi wa filime, Hellen Lukoma, yatangaje ko yifuza gukorana n’abahanzi bo mu generation nshya mu mishinga mishya y’umuziki.

 

Ibi yabitangaje mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Hellen Lukoma yavuze ko ashimishwa cyane n’impinduka n’ubuhanga abahanzi bashya bazanye mu muziki, agaragaza ko bafite imbaraga n’umwihariko utuma umuziki urushaho gukundwa n’abatandukanye.

Yavuze by’umwihariko ko yifuza gukorana n’umuhanzi Kapeke, amushimira umwimerere w’umuziki we n’uko yitwara mu myambarire, bikaba bituma akundwa n’abantu b’ingeri zitandukanye.

Ati: “Nifuza cyane gukorana n’abahanzi bo mu generation nshya. Barimo gukora neza kandi batanga umuziki mwiza. Mu by’ukuri, nifuza cyane gukorana na Kapeke, tukavanga umwimerere wacu. Niba hari umwegereye wabyumva, namumenyesha ko ndi kumushaka kugira ngo dukore umushinga w’umuziki muri uyu mwaka.”

Ku ruhande rw’abahanzi b’abakobwa, Hellen Lukoma yavuze ko yifuza no gukorana n’itsinda Kataleya & Kandle, agaragaza ko umushinga bahuriyemo waba ari intambwe ikomeye kandi ishimishije.

Yagize ati: “Mu bakobwa, nanone nifuzaga gukorana na Kataleya & Kandle.”

Uyu muhanzikazi kandi yagaragaje ko ashimira imirimo y’abandi bahanzi barimo Dax Vibez, Elijah Kitaka na Joshua Baraka, nubwo atigeze agaragaza niba hari imishinga ihamye ateganya gukorana na bo muri iki gihe.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here