Papa Léon XIV, Umukuru w’Itorero Gatolika, yagaragaje impungenge zikomeye ku mibereho y’abaturage mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, by’umwihariko mu Ntara ya...
Papa Léon XIV, Umukuru w’Itorero Gatolika, yagaragaje impungenge zikomeye ku mibereho y’abaturage mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, by’umwihariko mu Ntara ya...
Mu gihe Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yari yaratangaje ku mugaragaro ko igiye gusenya umutwe wa FDLR, amakuru akomeje kujya ahagaragara...
Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye zizewe aravuga ko ku wa Gatandatu tariki ya 13 Ukuboza, abarwanyi ba Twirwaneho bafatanyije n’ihuriro rya AFC/M23 binjiye mu...
Umutwe wa AFC/M23 wongeye kugaragaza ko utishimiye ibirego bikomeje kuwushinja gukorana n’u Rwanda, uvuga ko ayo magambo ari igice cy’umugambi mugari wo kuyobya amahanga no guha ishingiro politiki ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yo guheza no guhohotera igice cy’abaturage bayo.
Ibi byatangajwe nyuma y’uko AFC/M23 ifashe uduce twinshi tw’ingenzi, harimo n’umujyi wa Uvira ufatwa nk’ufite agaciro gakomeye mu bya politiki muri Kivu y’Amajyepfo.
Ku wa Gatanu tariki ya 12 Ukuboza, akanama ka Loni gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi kagaragaje impungenge zikarishye ku byerekeye ibiri kubera mu Burasirazuba bwa RDC, aho ibihugu byinshi byibasiye u Rwanda birushinja gukomeza gufasha AFC/M23, nubwo u Rwanda rukomeje guhakana ibyo birego.
Ibihugu byumvikanye cyane mu kunenga u Rwanda birimo Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bufaransa, u Bubiligi, u Burundi ndetse na Leta ya RDC ubwayo, byose bikavuga ko ifatwa rya Uvira ryateje impinduka ikomeye mu ntambara iri muri Kivu y’Amajyepfo.
Mu itangazo ryasohowe ku wa Gatandatu, umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yavuze ko gukomeza kwerekana uwo mutwe nk’uw’abanyamahanga cyangwa uwifashishwa n’u Rwanda ari uguhimba inkuru zitagamije ukuri, ahubwo zigamije gushyigikira Leta ya Kinshasa mu mugambi wayo wo gukandamiza no gusenya uburenganzira bw’Abanye-Congo bamwe.
Kanyuka yavuze ko iyo mvugo ishingira ku guhakana ubwenegihugu n’uburenganzira bw’Abatutsi b’Abanye-Congo n’andi moko afatwa nk’abanyamahanga, bikaba bigaragaza ko ikibazo kiriho atari icy’u Rwanda, ahubwo ari ikibazo cy’imiyoborere n’ivangura rishingiye ku moko.
Yagize ati: “Igerageza ryo kwerekana AFC/M23 nk’abanyamahanga cyangwa abakoreshwa n’u Rwanda ni uguhindura ukuri ku buryo buteye inkeke, bigaha ishingiro imvugo ya Leta ya Kinshasa igamije gusenya no guheza igice cy’abaturage bayo, bakagirwa abaturage bo ku rwego rwa kabiri.”
Uyu muvugizi yakomeje avuga ko ikintu cyonyine AFC/M23 ihuriraho n’u Rwanda ari impungenge zisangiwe zishingiye ku mateka ya Jenoside, cyane cyane ku bijyanye n’uko ingengabitekerezo yayo ikomeje kugaragara mu mitwe yitwaje intwaro ifitanye imikoranire na Leta ya Kinshasa.
AFC/M23 ivuga ko ari umuryango w’Abanye-Congo ugamije kubohora abaturage b’igihugu cyabo, wiyemeje gukemura impamvumuzi z’amakimbirane amaze imyaka myinshi mu Burasirazuba bwa RDC, aho intwaro zisimburana ariko ibibazo nyirizina ntibikemuke.
Mu mpamvu uyu mutwe ugaragaza ko zatumye ufata intwaro, harimo imiyoborere mibi irangwa na ruswa, kwiharira ubutegetsi, no gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’ifitanye isano n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
AFC/M23 inashinja Leta ya Kinshasa gukoresha politiki y’ivangura rishingiye ku moko, aho ivuga ko Abatutsi b’Abanye-Congo, Abanyamulenge n’Abahema bashyizwe mu gatebo kamwe, bagafatwa nk’abanzi b’igihugu, bagahigwa, bakicwa cyangwa bagahatirwa guhunga.
Uyu mutwe kandi ugaragaza ko ubutegetsi bwa RDC bukomeje guhonyora uburenganzira bwa muntu, aho abatavuga rumwe n’ubutegetsi bashimutwa, bagafungwa bitemewe n’amategeko, abandi bakicwa cyangwa bagahatirwa guhungira mu mahanga.
Kanyuka yashimangiye ko abagize AFC/M23 barwanira uburenganzira bwabo bw’ibanze, by’umwihariko uburenganzira bwo kwemerwa nk’abaturage bemewe ba RDC, gutahuka kw’impunzi zimaze imyaka mu mahanga, no kurindwa Jenoside bavuga ko ikomeje gukorwa n’imitwe yitwaje intwaro ifitanye imikoranire n’ingabo za Leta.
Yavuze ko uyu mutwe wahatirijwe gufata intwaro mu rwego rwo kwirwanaho, nyuma y’uko Leta ya Kinshasa ikomeje kutubahiriza amasezerano y’amahoro yashyizweho umukono mu bihe bitandukanye, ananenga ko ayo masezerano yakomeje kuba impapuro zidashyirwa mu bikorwa.
AFC/M23 yagaragaje impungenge zikomeye ku bitero ivuga ko bigabwa ku baturage b’abasivili, cyane cyane kuva ibiganiro bya Doha hagati yayo na Leta ya RDC byatangira, aho ivuga ko indege z’intambara n’utudege tutagira abapilote (drones) byakoreshejwe mu bitero byahitanye ubuzima bw’abaturage batari bake.
Uyu mutwe uvuga ko ibyo bikorwa binyuranyije n’amategeko mpuzamahanga arengera abasivili, kandi ko amahanga acecetse cyangwa akarebera, bikongera gushimangira ko ikibazo cyo muri RDC kidafite igisubizo cya gisirikare.
Mu gusoza,...