Inkuru ibabaje yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga ivuga ko umukobwa ukiri muto witwa Karen Lojore yapfiriye mu muvundo wabereye mu gitaramo cy’umuhanzi w’Umunya-Nigeria Asake, cyabereye kuri Nyayo Stadium i Nairobi ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki ya 20 Ukuboza 2025.
Amakuru y’urupfu rwe yatangiye kumenyekana binyuze ku nshuti n’abo bari baziranye, bagaragaje agahinda kenshi batewe no kubura ubuzima bwe mu gitaramo cyari cyitezweho ibyishimo ariko kikarangira gihindutse amarira.
Abatangabuhamya bavuga ko Karen yari mu bihumbi by’abakunzi b’umuziki bitabiriye icyo gitaramo, kandi ngo yari afite itike yemewe, yagombaga kumuha amahirwe yo kwinjira mu kibuga mu mutekano usesuye. Icyakora, ngo ibintu byahise bihinduka nabi ku marembo ya stade, aho imbaga y’abantu yari yiyongereye cyane bitewe n’uko kwinjiza abitabiriye igitaramo byatinze.
📰 Also Read This:
Bamwe mu bari aho bashinja abateguye igitaramo kunanirwa gutegura neza imigendekere y’abitabiriye igitaramo, bavuga ko abashinzwe kwakira abantu batinze kubinjiza mu kibuga, bituma habaho umuvundo ukomeye hanze y’amarembo.
Amakuru akomeza avuga ko ubwo inzego z’umutekano zageragezaga kugarura ituze, byateje igihunga mu bitabiriye igitaramo, abantu batangira kwiruka bashaka kwitabara, ari na byo byarangiye habaye umuvundo wahitanye ubuzima bwa Karen.
Mu gihe ubutumwa bwo kwihanganisha umuryango we bukomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga, iki gikorwa cyabaye intandaro y’uburakari n’impaka ku micungire y’umutekano mu bikorwa by’imyidagaduro bihuriza hamwe imbaga y’abantu benshi. Abaturage n’abakoresha imbuga nkoranyambaga barasaba abategura ibirori n’inzego bireba gutanga ibisobanuro birambuye ku byabaye no gushyiraho ingamba zikomeye zo kurinda ubuzima bw’abitabira ibitaramo bikomeye nk’ibi.





