26.5 C
Africa
Woensdag, April 22, 2026
HomeImyidagaduroKera kabaye ,Shensea wari warashyize Abanyarwanda mu urujijo , byarangiye avuye ku...

Kera kabaye ,Shensea wari warashyize Abanyarwanda mu urujijo , byarangiye avuye ku izima.

Date:

Related stories

Naje kubera umubabaro” – Musaza w’imyaka 82 mu myigaragambyo y’Abanyamulenge i Washington DC

Impunzi z’Abanyamulenge zituye muri United States zazindukiye mu rugendo...

Ndayishimiye yahakanye ibyavuzwe ku nkongi ya Camp Base, avuga ko atari amashanyarazi yahatwitse

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye yahakanye amakuru yari yatangajwe...

Ndayishimiye yavuze ko ashobora kujya i Kigali ariko u Burundi bugakomeza gufunga umupaka n’u Rwanda

Perezida w’u Burundi Évariste Ndayishimiye, kuri ubu unayoboye African...
spot_imgspot_img
Afrovera Advertisement

 

Umuhanzikazi w’icyamamare , Shensea, ukunzwe cyane mu njyana ya Dancehall, agiye gutaramira i Kigali ku nshuro ya mbere mu gitaramo kizabera muri BK Arena ku wa 03 Mutarama 2026. Ni igitaramo cyari gitegerejwe na benshi, cyane cyane abakunzi b’indirimbo ze zakunzwe nka “Hit & Run” n’izindi nyinshi zamuhesheje izina rikomeye ku isi.

Iki gitaramo cyari cyitezwe kuba ku wa 30 Ukuboza 2025, ndetse amakuru yavugaga ko Shensea yari kuzahurira ku rubyiniro n’undi muhanzi w’icyamamare wo muri Jamaica, Mavado. Icyakora, mu minsi ishize, Shensea yashyize benshi mu rujijo ubwo yanyuraga ku rubuga X (Twitter) akandika agaragaza ko amakuru yavugaga ko azataramira i Kigali kuri iyo tariki atari yo, bituma bamwe bakeka ko igitaramo gishobora kudakunda.

Nyuma y’ayo makuru , BK Arena, ari nayo yateguye iki gitaramo, yaje kwemeza ku mugaragaro ko Shensea azataramira i Kigali, ariko ku itariki nshya ya 03 Mutarama 2026. Iki gitaramo cyateguwe mu rwego rwo gusozanya umwaka no gutangirana undi n’abakiriya b’iyi nyubako izwiho kwakira ibitaramo bikomeye n’ibirori by’ingeri zitandukanye.

Ku bijyanye n’impamvu yo gusubika iki gitaramo cyari giteganyijwe ku wa 30 Ukuboza 2025, amakuru aturuka mu bantu ba hafi b’itegurwa ryacyo avuga ko byatewe n’ubusabe bw’umuhanzi The Ben, uzaba ari mu myiteguro y’igitaramo cye “The New Year Groove”, azahuriramo na Bruce Melodie ku munsi mukuru w’Ubunani.

Ku bakunzi b’umuziki by’umwihariko aba Dancehall, iki gitaramo cya Shensea kiri mu byitezwe cyane mu ntangiriro z’umwaka wa 2026, kikazaba ari amahirwe adasanzwe yo kubona uyu muhanzikazi ku rubyiniro rwa Kigali.

Afrovera Advertisement

Latest stories

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here