Mu gihe umutekano muke n’imirwano bikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), cyane cyane mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo, aka karere kakomeje kuvugwa cyane ku rwego mpuzamahanga kubera umutungo kamere gafite ufatwa nk’ingenzi ku bukungu bw’isi. Iyi ntara ikungahaye ku mabuye y’agaciro arimo coltan, cobalt, zahabu na cassiterite, akoreshwa mu gukora ibikoresho by’ikoranabuhanga birimo telefoni zigendanwa, mudasobwa n’imodoka zikoresha amashanyarazi.
Muri iki gihe, intambara yongeye gukaza umurego mu bice bimwe, bituma abaturage benshi bahunga ingo zabo, ubukungu bw’akarere bugahungabana, ndetse ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bikabangamirwa.
Abasesenguzi mpuzamahanga bagaragaza ko kuba aka karere gafite umutungo kamere w’agaciro gakomeye bituma karushaho gukurura inyungu z’ibihugu bikomeye n’ibigo mpuzamahanga. RDC ifite igice kinini cya cobalt ikoreshwa ku isi, kimwe mu bikoresho by’ingenzi mu gukora amabateri y’imodoka z’amashanyarazi n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga rigezweho. Ibi byatumye igihugu kiba kimwe mu bifite akamaro gakomeye mu irushanwa ry’ubukungu ku isi.
Hari aho byagiye bivugwa ko mu bihe by’intambara, uduce tumwe na tumwe dukungahaye ku mabuye y’agaciro tugenda duhinduranya ababitwara, bitewe n’imirwano hagati y’ingabo za leta n’imitwe yitwaje intwaro. Mu mateka y’akarere, umutungo kamere wagiye uvugwaho kuba imwe mu nkomoko y’amafaranga yifashishwa mu gukomeza ibikorwa by’intambara, nubwo atari yo mpamvu yonyine, kuko hari n’ibibazo by’amateka, politiki, n’umutekano w’imipaka bigira uruhare.
Ku rwego mpuzamahanga, ibihugu bikomeye birimo Amerika, Ubushinwa n’ibyo mu Burayi byagaragaje inyungu mu gushora imari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ya RDC. Intego yabyo ni ukubona amasoko yizewe y’ibikoresho bikenewe mu nganda z’ikoranabuhanga n’ingufu z’ejo hazaza. Ibi byatumye RDC iba igihugu cy’ingenzi mu biganiro bya gewo politiki, kuko umutungo kamere wayo ufatwa nk’ingenzi ku iterambere ry’inganda mpuzamahanga.
Abasesenguzi bavuga ko ibihugu byinshi bishyigikira gahunda zigamije kugarura ituze n’imiyoborere ihamye, kugira ngo ubucukuzi bukorwe mu buryo bwemewe n’amategeko kandi butange inyungu ku gihugu n’abaturage. Icyakora, umutekano muke ukomeje kuba imbogamizi ikomeye, ibyo bigatuma abaturage benshi bakomeza guhura n’ingaruka zirimo kwimurwa mu byabo, urupfu ,ubukene n’ibibazo by’imibereho.
Mu gihe isi ikomeje gukenera umutungo kamere wa RDC, ejo hazaza h’intara za Kivu haribazwa niba izi ntambara . Abasesenguzi bemeranya ko amahoro arambye azaterwa n’imbaraga zihuriweho zo gushimangira inzego za leta, gucunga neza umutungo kamere, no gushaka ibisubizo bya politiki birambye bizatuma akarere kava mu makimbirane kagana ku iterambere.



